Zambia: Malanji wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yakatiwe gufungwa imyaka ine
Yanditswe: Friday 05, Sep 2025
Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Zambia, Joseph Malanji, yakatiwe igifungo cy’imyaka ine, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa.
Malanji yakatiwe iki gifungo ku wa 4 Nzeri 2025, nyuma y’aho ahamwe n’ibyaha birindwi birimo kugura inzu n’indege mu mafaranga bivugwa ko yavuye mu bikorwa binyuranyije n’amategeko.
Fredson Yamba wahoze ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Imari, nawe yakatiwe imyaka itatu y’igifungo, kubera kwemeza ko hasohorwa asaga miliyoni umunani z’amadolari yoherejwe ku Biro bya Ambasade ya Zambia muri Turukiya nta mpamvu atanze.
Malanji wari muri Guverinoma ya nyakwigendera Perezida Edgar Lungu, aje yiyongera ku bandi ba Minisitiri bayoboye kuri manda ye, barimo Emerine Kabanshi, Chishimba Kambwili, Given Lubinda, bakatiwe ku byaha bitandukanye, gusa Malanji ni we wari igikomerezwa muri bo.
Perezida Hakainde Hichilema, wagiye ku butegetsi muri Kanama 2021, ahigitse Lungu, yijeje abaturage ko azarwanya ruswa. Gusa Lungu n’ishyaka rye, Patriotic Front (PF), bagiye bamushinja kubahohotera bakoresheje politiki.
Malanji wari inshuti yakadasohoka ya Lungu, yabaye Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zambia, hagati ya 2018 na 2021. Yari yarataziriwe akazina ka “Bonanza” kubera kugira ubuntu no kwicisha bugufi.
Mu gihe yakatirwaga, Umucamanza Ireen Wishimanga, yavuze ko yoroheje ibihano kuri Malanji na Yamba, kuko ari ubwa mbere bakatiwe, kandi yumvise impamvu z’abunganira aba bombi mu mategeko zisaba koroshya igihano.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Hichilema bavuga ko ruswa iganje no muri goverinoma ye, ariko kugeza ubu nta Minisitiri urirukanwa cyangwa ngo akurikiranwe mu butabera.
Guverinoma ya Zambia yasezeranyije gukora iperereza kuri ibyo birego, ariko kugeza ubu nta n’umwe urakurikiranwa.
Muri Gicurasi, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahagaritse inkunga ya miliyoni 50 z’amadolari zari zigenewe gukoreshwa mu bikorwa by’ubuvuzi muri Zambia, Amerika ivuga ko hari imfashanyo zibwe bityo itazongera gufasha abiba ibyakagombye kubafasha.
Umuryango wa Transparency International wakomeje gushyira Zambia mu bihugu byamunzwe na ruswa nyinshi ku isi.
Malanji wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zambia, yakatiwe imyaka ine nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *