skol

Abaperezida batandukanye bagize icyo bavuga ku rupfu rwa Fidel Castro

Yanditswe: Saturday 26, Nov 2016

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Ugushyingo,2016 hatangajwe inkuru y’uruofu rwa Fidele Castro, ufatwa nk’Umubyeyi w’Impinduramatwara muri Cuba , bamwe mu Bakuru b’ibihugu bagize icyo bavuga ku rupfu rwe.
Ku ikubitiro hakaba haje Perezida w’Uburusiya , Vladmir Putin wagereranije Fidel Catsro n’’ikimenyetso cyaranze ibihe ndetse akaba n’inshuti y’akadasohoka y’iki gihugu.
Undi mu Perezida wagize icyo avuga ku rupfu rwa Fidel Castro ni Nicolas Maduro uyobora Venezuela (…)

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Ugushyingo,2016 hatangajwe inkuru y’uruofu rwa Fidele Castro, ufatwa nk’Umubyeyi w’Impinduramatwara muri Cuba , bamwe mu Bakuru b’ibihugu bagize icyo bavuga ku rupfu rwe.

Ku ikubitiro hakaba haje Perezida w’Uburusiya , Vladmir Putin wagereranije Fidel Catsro n’’ikimenyetso cyaranze ibihe ndetse akaba n’inshuti y’akadasohoka y’iki gihugu.

Undi mu Perezida wagize icyo avuga ku rupfu rwa Fidel Castro ni Nicolas Maduro uyobora Venezuela wasabye abanya-Cuba gukomeza umurage we no gukomeza kuzamura ibendera rye ry’ubudasumbwa.

Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde , Narendra Modi, yagereranije Fidel Castro nk’umwe mu bantu b’indashyikirwa babayeho mu Kinyejana cya 20 nk’uko bitangazwa na BBC dukesha iyi nkuru.

Perezida Jacob Zuma wa Afrika y’Epfo we yavuze ko Fidel Castro yahagurutse agaharanira ukwishyira no kwizana kw’abari bakandamijwe ku Isi yose.

Fodel Castro witabye Imana afite imyaka 90 y’amavuko

Fidel Castro witabye Imana afite imyaka 90 yayoboye Cuba igihe kingana n’imyaka 32 kugeza muri 2008 ubwo yashyikirizaga ubutegetsi umuvandimwe we Raul Castro, yari amaze igihe kirekire arwaye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa