Abarwanashyaka ba CNL bavuze impamvu bahiritse Agathon Rwasa ku butegetsi bwaryo
Yanditswe: Monday 11, Mar 2024
Umudepite Marie Immaculée Ntacobakimvuna uturuka mu ishyaka CNL yatangaje ko icyatumye Rwasa akurwa ku buyobozi bw’ishyaka CNL ari uko yateje umwiryane mu banyamuryango.
Yavuze kandi ko uyu yishe amategeko y’ishyaka nay’igihugu ndetse ntiyumva ibyo asabwa n’abanyamuryango ba CNL.
Ibi yabivugiye mu nama ikomeye yateguwe n’uruhande rutemera Agathon Rwasa nk’umuyobozi w’ishyaka CNL, kuri iki cyumweru I Ngozi.
Marie Immaculée Ntacobakimvuna yagize ati:"Twamusabye kenshi kubahiriza amategeko y’ishyaka nay’igihugu ariko ntiyigeze abyumva, maze aho kwegerana,twakomeje gutatana.
Aho kumva inama mutahwemye kutugira ,we yakomeje aturyanisha hakomeza kwiganza urwango rutagira ingana habura ihumure na gitabara ariko rero abarundi baravuze ngo”ahari abagabo ntiharwa ibara”.
Muri iyi nama yabereye I Ngozi kuri iki cyumweru,Marie Immaculée Ntacobakimvuna yahise atangaza ko ugiye gusimbura Rwasa Agathon ku buyobozi bw’ishyaka CNL ari Nestor Girukwishaka aho agiye kuyobora ishyaka imyaka itanu.
Rwasa niwe washinze CNL ndetse mu matora aheruka yahatanye na Ndayishimiye aza ku mwanya wa kabiri.
Niwe wafatwaga nka nimero ya mbere mu banya politiki batavuga rumwe n’ubutegetsi.
Rwasa uri i Nairobi uri muri Kenya, yatangaje ko Leta y’u Burundi ifite uruhare mu bibazo biri muri CNL, atanga urugero kuri iyi Nteko Rusange yabereye muri Ngozi, ahamya ko itemewe n’amategeko.
Yagize ati “Duhangayikishijwe n’ibiri kubera mu Burundi, bijyanye n’ibikorwa bibi abari ku butegetsi bari gukorera ishyaka CNL, binyuze muri Minisitiri w’Umutekano w’Imbere watanze uburenganzira bw’uko habaho Inteko Rusange itemewe, yirengagije ibiteganywa n’Itegeko Nshinga, itegeko rigenga amashyaka na sitati ya CNL.”
Rwasa yibukije ko abamushyigikiye bo bagerageje gukora Inteko Rusange ya CNL muri Ngozi birukanywe n’abapolisi, basobanurirwa ko batabyemerewe kuko ngo ntiyari Inteko Rusange.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *