skol
fortebet

Amanota ya Perezida Uhuru Kenyatta ku buyobozi bwa EAC

Yanditswe: Monday 09, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

Mugihe isaha igenda yerekeza ku gusohoka kwa Perezida Uhuru Kenyatta ku mwanya w’ubuyobozi bw’inama y’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba (EAC), hakomeje ibitekerezo bihabanye kucyo yamariye umuryango.

Sponsored Ad

Mugihe isaha igenda yerekeza ku gusohoka kwa Perezida Uhuru Kenyatta ku mwanya w’ubuyobozi bw’inama y’umuryango w’ibihugu by’Afurika y’iburasirazuba (EAC), hakomeje ibitekerezo bihabanye kucyo yamariye umuryango.

Akarere kabona Kenyata nka perezida wabashije kwagura abanyamuryango ba EAC nyuma yo kwakira Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, akanagenzura uko akarere gahangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19 no gukemura amakimbirane y’ubucuruzi muri Kenya na Tanzaniya.

Icyakora abandi bamunenga kutabasha gukuraho inzitizi z’ubucuruzi hagati ya Uganda n’igihugu cye ,kugarura amahoro n’umutekano byoroshye mu burasirazuba bwa Congo, n’umubano muke wagaragaye hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Perezida Kenyatta yatangiye kuyobora EAC muri Gashyantare 2021 asimbuye Paul Kagame w’u Rwanda , mu gihe isi yari itangiye urugamba rwo guhangana n’icyorezo cya Covid cyibasiye ubuzima ku isi.

Biteganijwe ko azasoza manda ye muri uku kwezi kwa Gicurasi, hasigaye amezi atatu gusa ngo igihugu cye cya Kenya kinjire mu matora rusange.
Biteganijwe ko Perezida Kenyata azahita aha inkoni y’ubuyobozi Prerezida w’Uburundi Evariste Ndayishimishe, nk’utahiwe kuyobora umuryango wa EAC manda itaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa