skol

America yemereye Akarere k’Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara akayabo ko Kurwanya Iterabwoba

Yanditswe: Tuesday 28, Mar 2023

featured-image

Visi Perezida w’ Amerika, Kamala Harris,yaraye yemereye Ghana n’ibihugu byo mu karere ka Sahel, imfashanyo y’ Amerika ingana na miriyoni zirenga 100 z’amadolari.

Visi Perezida w’ Amerika, Kamala Harris,yaraye yemereye Ghana n’ibihugu byo mu karere ka Sahel, imfashanyo y’ Amerika ingana na miriyoni zirenga 100 z’amadolari.

Mu rugendo arimo muri icyo gihugu cyo mu burengerazuba bw’ Afrika, yashimangiye ko inyungu z’ Amerika mu bihugu by’ Afrika zigamije guhangana n’Ubushinwa.

Harris yavuze ko ayo mafaranga angana na miriyoni 139 z’amadolari, ahanini azafasha gukumira intambara mu karere ka Sahel, aho intagondwa z’abayisilam zayogoje ibihugu bya Benin, Ghana, Gineya, Kotedivuware na Togo.

Yabivugiye ku ngoro y’umukuru w’igihugu cya Ghana, ari kumwe na Prezida, Nana Akufo-Addo.

Harris ateganya kumara undi musi muri Ghana imbere yo kwerekeza mu burasirazuba bw’ Afrika, muri Tanzaniya, aho azava yerekeza muri Zambiya mbere yo gusubira muri Amerika.

VOA

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa