skol

Antony Blinken wa USA Yagiriye Uruzinduko Rutatangajwe muri Iraki umuturanyi wa Siriya

Yanditswe: Friday 13, Dec 2024

featured-image

Kuri uyu wa gatanu, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yagiriye uruzinduko rutatangajwe, muri Iraki. Yabonanye na Minisitiri w’intebe Mohammed Shia al-Sudani, baganira ku bihe bizaza by’igihugu gituranyi cya Siriya.

Blinken arazenguruka ako karere k’isi nyuma y’isenyuka ryihuse rya guverinoma ya Bashar al-Assad, imbere y’imitwe y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Siriya.

Ihirikwa rya Assad ryatunguye ubutegetsi bw’Amerika kandi ubuyobozi bwa perezida Joe Biden ucyuye igihe, burahamagarira inyeshyamba zatsinze, gushyiraho guverinoma itarimo imitwe ya kisilamu kandi idaheza amatsinda ya ba nyakamwe muri Siriya.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga muri Amerika yavuze ko Blinken i Baghdad, "azashimangira ingamba z’ubufatanye bw’Amerika na Iraki, amahoro ya Iraki, umutekano n’ubusugire bw’iki gihugu”

Iyi minisiteri yagize iti: “Azanaganira ku mahirwe y’umutekano mu karere no ku bibazo bihari, harimo no kwihangana kw’Amerika mu gukorana n’imiryango yose yo muri Siriya, kugira ngo hazabeho inzibacyuho, ihuriweho”.

Uruzinduko rwa Blinken ntirwatangajwe kugeza amaze kubonana na minisitiri w’intebe wa Iraki, Mohammed Shia al-Sudani, kuri uyu wa Gatanu.

Umutegetsi muri Amerika yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters ko Washington ibona uyu mwanya nk’amahirwe yo kurushaho kugabanya ijambo rya Irani, yavugaga rikijyana muri ako karere.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa