skol
fortebet

Blinken mu ruzinduko rwa gatatu muri Israel kuva intambara itangiye

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Friday 03, Nov 2023

Blinken mu ruzinduko rwa gatatu muri Israel kuva intambara itangiye

Sponsored Ad

skol

Ibiro bya Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu byatangaje amafoto yo mu nama hagati ya Netanyahu na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika, Antony Blinken.

Ibyo biro byatangaje ku rubuga X biti: "Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu ubu ari kugirana ibiganiro byo mu muhezo na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Antony Blinken, i Kirya muri Tel Aviv.

"Baranahura n’abagize Guverinoma yo mu Ntambara."

Uru ni uruzinduko rwa gatatu Blinken agiriye muri Israel kuva Hamas yagaba igitero cyo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) ikica abantu nibura 1,400, igashimuta abarenga 200.

Minisiteri y’ubuzima muri Gaza igenzurwa na Hamas ivuga ko abantu barenga 9,000 ari bo bamaze kwicwa muri Gaza kuva kuva ku itariki ya 7 Ukwakira, ubwo Israel yatangiraga ibitero byo kwihorera.

Amerika yasezeranyije Israel ubufasha bwuzuye n’imfashanyo yiyongereye ya gisirikare ku bitero byayo muri Gaza, ariko habayeho impinduka mu mvugo.

Ubwo Minisitiri Blinken yerekezaga muri aka karere k’Uburasirazuba bwo Hagati kuri iyi nshuro, yavuze ku "ngamba zifatika" zo gutuma habaho kugabanya ibyago ku basivile b’Abanya-Palestine.

Ibiro bya Perezida w’Amerika (White House) byatanze igitekerezo cyuko hajya habaho guhagarika imirwano mu bice bimwe na bimwe kugira ngo imfashanyo ishobore gutangwa muri Gaza cyangwa kugira ngo hakorwe ibikorwa byo guhungisha abantu.

Amerika yasezeranyije Israel ubufasha bwuzuye n’imfashanyo yiyongereye ya gisirikare ku bitero byayo muri Gaza, ariko habayeho impinduka mu mvugo.

Ubwo Minisitiri Blinken yerekezaga muri aka karere k’Uburasirazuba bwo Hagati kuri iyi nshuro, yavuze ku "ngamba zifatika" zo gutuma habaho kugabanya ibyago ku basivile b’Abanya-Palestine.

Ibiro bya Perezida w’Amerika (White House) byatanze igitekerezo cyuko hajya habaho guhagarika imirwano mu bice bimwe na bimwe kugira ngo imfashanyo ishobore gutangwa muri Gaza cyangwa kugira ngo hakorwe ibikorwa byo guhungisha abantu.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa