Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ari muri America aho yagiye gusaba inama yihutirwa yiga ku bibazo biri mu burasirazuba bw’igihugu cye.
Inyeshyamba za M23/AFC ziravugwa mu nkengero za Goma, aho imirwano ikomeye ku wa Gatanu yiriwe ibera ku musozi wa Kanyamahoro.
Bamwe mu bantu bakunda kugaragaza ko bari ku ruhande rwa M23 ku rubuga rwa X yahoze ari Twitter baremeza ko izo nyeshyamba zafashe umusozi wa Kanyamahoro wasaga n’urukuta rwa nyuma ku burinzi bw’umujyi wa Goma.
Ku rundi ruhande Wazalendo na bo baravuga ko bakihagenzura.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Congo Kinshasa yatangaje ko Minisitiri Thérèse Kayikwamba ari i New York gusaba inama yihutirwa yiga ku bibazo byarushijeho gukomera mu burasirazuba bwa Congo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *