skol

Denis Mukwege ni umushinga wa CIA muri RD Congo

Yanditswe: Monday 09, Oct 2023

featured-image

Dr Denis Mukwege azwiho kudaceceka imbere y’ibibazo bya politike mu gihugu cye, ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo, no kuvuga ku nkomoko yabyo, ariko icyo azwiho cyane ni ukuvura abagore cyane cyane bafashwe ku ngufu bakanangizwa imyanya ndagagitsina muri ibi bibazo by’umutekano mucye iwabo.

Ibyo byatumye ahabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu 2018, ariko kandi ni umwe mu bantu bafite ibihembo byinshi yahawe ahantu henshi, ndetse n’impamyabumenyi z’icyubahiro yahawe na kaminuza zirenga 15 z’ahatandukanye ku isi.

Mu minsi ishize muri Amerika, aho Denis yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro na Kaminuza ya Morehouse y’i Atlanta yatangaje ko mu gihugu cye hari umwuka mubi mbere y’amatora.

Ari i Atlanta, Dr Mukwege yagize ati: “Ibintu byifashe nabi mbere y’amatora kuko abantu batizeye ubwigenge bwa komisiyo y’amatora, n’urukiko rurengera itegekonshinga. Hari kandi kubangamira demokarasi no kugerageza kubuza abakuru b’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwiyamamariza umwanya wa perezida.”

Umusesenguzi Robert Mugabe yabwiye ikinyamakuru Umuryango ko Dr Denis Mukwege yateguwe n’ Urwego rw’ubutasi rwa Amerika (CIA) ngo ahangane na Perezida Tshisekedi uriho ubu.

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko abizi neza ko uyu Denis yateguwe n’Amerika kandi ko dushobora kuzamubona mu isura ya Politiki nyamara ubusanzwe yavugwaga mu buvuzi gusa.

Robert Mugabe avuze ibi mu gihe DR Denis Mukwege we mu kwiyamamaza kwe yavuze ko yabisabwe n’abaturage banamuhaye ibisabwa birimo ubushobozi ngo yiyamamaze , maze nawe yemera ubwo busabe kuko ngo abona ko akenewe mu bibazo bya Politiki RDC iriguhura nabyo.

Mukwege w’imyaka 68, avuga ko yavukiye i Bukavu mu muryango uciriritse aho se yari umuvugabutumwa. Avuga ko akiri muto kenshi yaherekezaga se gusura abarwayi, ari naho avuga ko yavanye ubushake bwo kuzaba umuganga.

Mukwege akiri ingimbi yagiye kwiga ubuvuzi i Bujumbura, arangije agaruka iwabo gukorera muri Hopital General de Lemera muri teritwari ya Uvira nyuma abona amahirwe ya ‘bourse’ yo kunononsora amasomo y’ubuvuzi bw’indwara z’abagore i Angers mu Bufaransa.

Abamushima bavuga ko byashobokaga ko aguma Iburayi agakomeza gukorerayo nk’umuganga, ariko ko yahisemo kugaruka iwabo kuvura abo mu gihugu cye nka muganga mukuru ku bitaro bya Lemera.

Mu 1996, imirwano igeze muri Uvira mu ntambara yakuyeho uwari Perezida Mubutu Sese Seko (mu 1997), Dr Mukwege yarahunze, kuri ibi bitaro habaye ikiswe “ubwicanyi bwa Lemera” aho abarwayi – barimo abasivile, abaforomokazi, n’inkomere z’abasirikare ba leta bakomerekeye mu mirwano bariho bahavurirwa–bishwe n’inyeshyamba za AFDL zari ziyobowe na Laurent-Désiré Kabila nk’uko biri muri raporo y’inzobere za ONU izwi nka Mapping Report.

Kurikira ubusesenguzi burambuye bwa Robert Mugabe ku biri kuvugwa muri RDC kuri ubu, n’impamvu y’intambara yongeye kubura

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa