DR Congo: Kwandika abazatora perezida biratangira no mu ntara irimo imirwano
Yanditswe: Thursday 16, Feb 2023
Komisiyo y’amatora ya DR Congo yatangaje ko kwiyandikisha kuri listi y’itora bitangira mu ntara z’amajyaruguru n’uburasirazuba, zirimo na Kivu ya Ruguru irimo intambara.
Ibi bikorwa byo kwandika abazatora mu matora ya perezida yo mu Ukuboza (12) 2023, biratangira none kuwa kane mu ntara za Bas-Uele, Haut-Uele, Ituri, Maniema, Nord-Kivu, Sud-Kivu na Tshopo, nk’uko iyi komisiyo ibivuga.
Ibi bikorwa kandi bizatangira kuwa mbere w’icyumweru gitaha no ku banyecongo baba mu bihugu bya Canada (…)
Komisiyo y’amatora ya DR Congo yatangaje ko kwiyandikisha kuri listi y’itora bitangira mu ntara z’amajyaruguru n’uburasirazuba, zirimo na Kivu ya Ruguru irimo intambara.
Ibi bikorwa byo kwandika abazatora mu matora ya perezida yo mu Ukuboza (12) 2023, biratangira none kuwa kane mu ntara za Bas-Uele, Haut-Uele, Ituri, Maniema, Nord-Kivu, Sud-Kivu na Tshopo, nk’uko iyi komisiyo ibivuga.
Ibi bikorwa kandi bizatangira kuwa mbere w’icyumweru gitaha no ku banyecongo baba mu bihugu bya Canada na Leta zunze ubumwe za Amerika.
Kwiyandikisha no guhabwa ikarita y’itora byatangiye mu mpera z’Ukuboza 2022 mu bindi bice bya Congo, aho abagera kuri miliyoni 12 bamaze kubarurwa.
Mu ntara ya Kivu ya Ruguru hari impungenge ko ibi bikorwa bishobora kubangamirwa n’intambara imaze amezi menshi ishyamiranyije ingabo za leta n’inyeshyamba za M23.
M23 ubu igenzura igice kigera kuri 80% ya Teritwari ya Rutshuru, nk’uko bivugwa n’umukuru w’ingabo za ONU ziri muri DR Congo, igenzura kandi ibice bimwe bya teritwari ya Masisi.
Aho hose hafashwe na M23 byitezwe ko komisiyo y’amatora ishobora kutahageza ibikorwa byo kubarura abahatuye ngo bajye kuri listi y’itora.
Iyi ntambara kandi yatumye abantu barenga 400,000 bava mu byabo muri Rutshuru na Masisi, mu gihugu gisanganywe abaturage miliyoni 5,6 b’impunzi z’imbere mu gihugu, nk’uko bivugwa na ONU.
Uyu mwaka, byitezwe ko Perezida Felix Tshisekedi azahatanira manda ya kabiri, andi mazina akomeye nka Moïse Katumbi, Martin Fayulu na Augustin Matata Ponyo wahoze ari minisitiri w’intebe byitezwe ko nabo bashobora guhatanira uyu mwanya.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *