DR Congo:Perezida Tshisekedi yashyizeho umugaba w’ingabo mushya wifuje gutera u Rwanda
Yanditswe: Tuesday 04, Oct 2022
Perezida Félix Tshisekedi yasimbuje General Célestin Mbala Munsense wari umugaba mukuru w’ingabo za DR Congo ashyiraho Lieutenant-General Christian Tshiwewe Songesha.
Izi mpinduka zatangajwe mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu n’umuvugizi wa perezida, Tina Salama.
General Célestin Mbala Munsense yari umugaba mukuru w’ingabo za DR Congo kuva mu 2018.
General Munsense ari ku rutonde rw’abasirikare biteganyijwe ko bajya mu kiruhuko cy’izabukuru, nk’uko bivugwa na Radio RFI (…)
Perezida Félix Tshisekedi yasimbuje General Célestin Mbala Munsense wari umugaba mukuru w’ingabo za DR Congo ashyiraho Lieutenant-General Christian Tshiwewe Songesha.
Izi mpinduka zatangajwe mu itangazo ryasomwe kuri televiziyo y’igihugu n’umuvugizi wa perezida, Tina Salama.
General Célestin Mbala Munsense yari umugaba mukuru w’ingabo za DR Congo kuva mu 2018.
General Munsense ari ku rutonde rw’abasirikare biteganyijwe ko bajya mu kiruhuko cy’izabukuru, nk’uko bivugwa na Radio RFI y’abafaransa.
Naho Lt Gen Tshiwewe, w’imyaka 54, wamusimbuye yari asanzwe ari umugaba w’umutwe w’ingabo zirinda umukuru w’igihugu kuva mu 2020.
Tshiwewe yahise asimburwa na Gen Maj Ephraïm Kabi Kiriza.
Ingabo za DR Congo zinengwa ko ubwazo zananiwe guhashya ikibazo cy’imitwe y’inyeshyamba mu burasirazuba bw’igihugu.
Lt Gen Christian Thiwewe Songesha wagizwe Umugaba Mukuru wa FARDC yavutse ku ya 27 Ukwakira 1968 i Lubumbashi, ahahoze ari intara ya Haut-Katanga.
Yinjiye igisirikare kubwa Mobutu azwiho kuba yarabaye umwizerwa ku butegetsi bwa Perezida Joseph Kabila.
Amakuru avuga ko yahawe inshingano zo gushyira igisirikare ku murongo no kugarura Umujyi wa Bunagana n’utundi duce twigaruriwe na M23.
Lt Gen Tshiwewe yakoze amasomo n’amahugurwa ya gisirikare muri Sudan, muri Angola, no mu ishuri rikuru rya gisirikare ry’i Kinshasa.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *