skol

DRC yahaye amahirwe yanyuma imitwe yitwaje intwaro ikorera mu gihugu

Yanditswe: Saturday 23, Apr 2022

featured-image

Goverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ibiganiro yemeye kugirna n’imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’iki gihugu ari amahirwe ya nyuma yayihaye ,kugira ngo abarwanyi bayo barambike intwaro hasi.

Umuvugizi wugirije wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi ,Tina Salama ,yemeje aya makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter .

Yagize ati”Amahirwe ya nyuma ku mitwe yose yitwaje intwaro igikorera ku butaka bwa Congo.Imitwe yose igomba gushyira hasi intarwaro hanyuma ikinjira muri P-DDRCS[gahunda y’ibiganiro] hanyuma iyo mu mahanga igasubira iwayo.”

Abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) baheruka gufata ibyemezo birimo gusaba imitwe yitwaje intwarro yose ikorera muri DRC guhita irambika intwaro,ikomoka mu mahanga yo ikava ku butaka bw’iki gihugu ,abagize bagasubira mu bihugu byabo.

Bemeje ko abahagarariye imitwe yitwaje intwaro ikomoka muri RDC ibiganiro na Leta ihagarariwe na Perezida Tshisekedi, bitakunda muri RDC hakoherezwa byihuse umutwe w’ingabo zihuriweho n’Akarere zo kurwanya iriya mitwe.

Ejo ku wa gatanu ni bwo Perezida Félix Antoine Tshisekedi yagombaga kuganira n’abahagarariye imitwe imurwanya I Nairobi,gusa ibiganiro ntibyigeze biba ku mpamvu z’uko bamwe mu barebwa na byo batashoboye guhita bagera I Nairobi.

Kugeza ubu ntiharamenyekana igihe ibiganiro bigomba gusubukurirwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa