Ecuador: Umugabo muto w’umucuruzi yatorewe kuba perezida wa Ecuador
Yanditswe: Monday 16, Oct 2023
Umucuruzi Daniel Noboa w’imyaka 35 agiye kuba Perezida ukiri muto kurusha abandi bose mu mateka ya Equateur/Ecuador.
Noboa niwe watsinze amatora yo ku cyumweru n’amajwi 52.3% imbere ya Luisa González wagize 47.7%. Louisa yemeye ko atsinzwe anashima uyu bari bahanganye.
Daniel Noboa wo mu ishyaka National Democratic Action, ni umuhungu wa Álvaro Noboa, umugabo wiyamamarije gutegeka iki gihugu inshuro eshanu atsindwa.
Noboa w’imyaka 35 y’amavuko yabwiye abamushyigikiye mu magambo magufi,mu mujyi wa Olon uri ku nyanja ati: "Guhera ejo, Daniel Noboa aratangira akazi nka Perezida wanyu mushya."
Yongeyeho ati: "Ejo, tuzatangira gukorera iyi Ecuador nshya,tuzatangira gukora kugira ngo twubake igihugu cyibasiwe cyane n’ihohoterwa, ruswa n’inzangano."
Noboa yahoze akorera se ufite amamiliyoni menshi yakuye mu gucuruza ibitoki,mbere yo kwinjira muri politiki,atungurana yiyamamaza mu matora.
Daniel ubu azategeka iki gihugu amezi 17 gusa kugeza muri Gicurasi(5) 2025 kuko aya matora yakozwe nyuma y’uko uwari perezida Guillermo Lasso asheshe Inteko Inshinga amategeko yari igiye kumweguza, bigahita bituma hagomba kuba amatora, maze Lasso akanga kwiyamamaza.
Iyo manda yo kuziba icyuho nirangira, Daniel abishatse yakongera akiyamamariza gutegeka iki gihugu muri manda ya 2025 – 2029.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *