skol
fortebet

Finlande na Suwede byemerewe Kandidatire muri OTAN

Yanditswe: Wednesday 29, Jun 2022

featured-image

Sponsored Ad

Turukiya yemeye kuri uyu wa kabiri ko Finlande na Suwede bikomeza urugendo rwo gusaba kwinjira m’ushyirahamwe rya OTAN rishinzwe gufatanya mu kurwanya umwanzi

Sponsored Ad

Turukiya yemeye kuri uyu wa kabiri ko Finlande na Suwede bikomeza urugendo rwo gusaba kwinjira m’ushyirahamwe rya OTAN rishinzwe gufatanya mu kurwanya umwanzi

Turukiya yari isanzwe yitambika umugambi w’ibi bihugu kuko byari bifitanye ibibazo by’umutekano.

Turukiya yaje kuva ku izima nyuma y’aho ibi bihugu bitatu byumvikaniye kurindirana umutekano hagati yabyo.

Ubu bwumvikane bwagezweho nyuma y’amasaha agera kuri ane y’ibiganiro mbere y’uko inama ya OTAN itangira i Madrid muri Espanye.

Umunyamabanga mukuru wa OTAN, Jens Stoltenberg, na perezidansi ya Turukiya bemeje ko ubwo bwumvikane bwabaye .

Ni nyuma y’ibiganiro hagati y’uwo mutegetsi na perezida wa Turukiya, Recep Tayyip Erdogan, hamwe n’a Minisiteri w’intebe wa Suwede, Magdalena Andersson.

Ibintu nyamukuru Turukiya yasabye kuva mu kwezi kwa gatanu, kwari uko ibyo bihugu bibiri byo mu majyaruguru y’Uburayi bihagarika gufasha imitwe y’aba kurde iri ku butaka bwabyo. Ibindi kwari ugukuraho ibihano byo kugurisha intwaro kuri Turukiya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa