skol

Gabon yabaye ihagaritswe by’agateganyo mu muryango wa Commonwealth

Yanditswe: Wednesday 20, Sep 2023

featured-image

Gabon yahagaritswe by’agateganyo mu muryango uhuje ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) nyuma y’aho agatsiko k’abasirikare bakuru gahiritse ubutegetsi bwa Ali Bongo.

Uyu mwanzuro wafashwe n’Inama y’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bo muri uyu muryango, yabaye ibangikanye n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Aba bayobozi basabye Gabon gusubira ku mahame n’indangagaciro Commonwealth igenderaho. Basabye iki gihugu gutegura amatora yizewe mu gihe kitarambiranye.

Igisirikare cya Gabon cyafashe ubutegetsi nyuma gato y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora byahamyaga ko Ali Bongo yegukanye intsinzi mu 2023.

Ali Bongo yagiye ku butegetsi mu 2009 asimbuye se wategetse iki gihugu imyaka 41. Yabanje gufungirwa iwe mu rugo ariko nyuma aza kurekurwa ndetse yemererwa kuba yajya kwivuza mu mahanga.

Inkuru ya BBC ivuga ko ba minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga muri Commonwealth basabye Gabon kwita ku mutekano wa Bongo n’umuryango we ndetse basohora itangazo rivuga ko “bamaganye bivuye inyuma ikurwa ku butegetsi ry’umuyobozi watowe n’abaturage”.

Bavuze ko ikumirwa rya Gabon rizahagarara ari uko demoakarasi yongeye guhabwa intebe muri iki gihugu.

Bivuze ko Gabon itazongera kwitabira inama zihuza za guverinoma, ibikorwa birimo inama z’abaminisitiri n’abakuru b’ibihugu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa