Gambia: Perezida Jammeh uvuga ko Imana ariyo izamukura ku butegesi ahanganye Adama Barrow
Yanditswe: Thursday 01, Dec 2016
Abaturage b’ igihugu cya Gambia bazindukiye mu matora y’ umukuru w’ igihugu. Muri aya umunyemari wubaka amazu Adama Barrow ahanganye na Perezida Yahya Jammeh umaze imyaka 22 ku butegetsi.
Amashaka atavuga rumwe n’ ubutegetsi bwa Perezida Gammeh ari inyuma y’ uwo bahatanira intebe y’ umukuru w’ igihugu ariwe Barrow.
Perezida Jammeh avuga ko igitangaza Allah aza gukora kiramuhesha manda ya gatanu, akavuga ko Allah wenyine ariwe ushobora kumukura kubutegetsi yagejejweho na Coup d’ etat yo (…)
Abaturage b’ igihugu cya Gambia bazindukiye mu matora y’ umukuru w’ igihugu. Muri aya umunyemari wubaka amazu Adama Barrow ahanganye na Perezida Yahya Jammeh umaze imyaka 22 ku butegetsi.
Amashaka atavuga rumwe n’ ubutegetsi bwa Perezida Gammeh ari inyuma y’ uwo bahatanira intebe y’ umukuru w’ igihugu ariwe Barrow.
Perezida Jammeh avuga ko igitangaza Allah aza gukora kiramuhesha manda ya gatanu, akavuga ko Allah wenyine ariwe ushobora kumukura kubutegetsi yagejejweho na Coup d’ etat yo mu 1994.
Barrow avuga bidashoboka ko yavuga rumwe n’ ubutegetsi bwa Yaya Gammeh kandi abaturage bacurwa bufuni na buhoro.
Kuva mu 1965 Gambia yabona ubwigenge ibuhawe n’ Ubwongereza bwayikoronije nta na rimwe muri iki gihugu harabaho ihererekanya butegetsi rinyuze mu matora.
Barrow wigeze kuba mu barinzi b’ amangazini Argos mu Bwongereza yahaye icyizere benshi mu batavuga rumwe n’ ubutegetsi bwa Gammeh. Bivuze ko ashobora gutsinda amatora.
BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko imiryango iharanira iyubahirizwa ry’ uburenganzira bwa muntu ishinja Perezida Jammeh wigeze kuvuga ko yavura SIDA n’ ubugumba, kubangamira uburenganzira bwa muntu.
Benshi mu bayobora b’ amashyaka atavuga rumwe n’ ubutegetsi amatora abaye bari mu mu nyururu mu nyuma yuko batawe muri yombi bazira imyigaragarambyo bakoze mu kwezi kwa kane uyu mwaka.
Umuryango w’ Ubumwe bw’ ibihugu by’ iburayi EU ntiwigeze wohereza indorerezi guhagarikira aya matora, gusa umuryango w’ ubumwe bw’ ibihugu by’ Afurika AU wazohereje bake.
Igihugu cya Gambia giherutse gufata umurongo w’ Uburundi n’ Afurika y’ epfo gitangaza ku mugaragaro ko kikuye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha. Icyo gihe abakurikiranira hafi politiki batangaje ko iki gihugu kikuye muri ICC kugira uru rukiko rutazakurikirana Perezida Jammeh ushinjwa kubangamira uburenganzira bw’ ikiremwamuntu.
Perezida Yaya Jammeh yavutse tariki 25 Gicurasi 1965, afata ubutegetsi mu 1994 bivuze ko amaze imyaka 22 ari Perezida wa Gambia
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *