Hezbollah yashyizeho umuyobozi mushya usimbura Hassan Nasrallah wishwe
Yanditswe: Tuesday 29, Oct 2024

Umutwe urwanya ubutegetsi bwa Israel ariko ukorera muri Liban, watangaje ko wamaze gushyiraho umuyobozi wawo mushya usimbura Hassan Nasrallah uherutse guhitanwa n’ubutasi bwa Israel
Hezbollah yagennye Naim Qassem nk’umunyamabanga mukuru w’uyu mutwe mu rwego rwo kuziba icyuho munzego z’ubutegetsi nyuma yaho Hassan Nasrallah yiciwe bigafata nko kuwuca umutwe burundu.
Israel ikomeje guhiga bukware abategetsi bo ku rwego rwo hejuru b’imitwe ya Hezbollah,Hamas na Hutis bahanganye bikomeye mu rwego rwo kuyirandura burundu cyangwa bakayishegesha bidasubirwaho.
Ntawe uzi neza n’iba uyu Naim Qassem atanyuzwa inzira nk’iyabamubanjirije, cyane ko mu byo Israel iri kwibandaho ari uguhiga bukware uwo ariwe wese wemeye kuyobora iyi mitwe kugera akuwe mu nzira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *