skol

Igihe kirageze ngo Afurika yiyambure burundu ingingo z’ubukoroni- Col Doumbouya yaburiye Abanya-Burayi

Yanditswe: Friday 22, Sep 2023

featured-image

Perezida w’inzibacyuho wa Guinée-Conakry, Col Mamadi Doumbouya, yagaragaje impamvu bikwiye kuba ngombwa ko Igisirikare cyivanga muri Politiki ubwo yagezaga ijambo ku nteko rusange ya 78 y’Umuryango ya Loni.

Ni nyuma y’uko kuva mu myaka itatu ishize umugabane wa Afurika wakunze kurangwamo na za Coup d’État za hato na hato.

Col Doumbouya ni umwe mu bageze ku butegetsi biciye muri Coup d’état, nyuma yo guhirika ku butegetsi uwari Perezida wa Guinée-Conakry, Alpha Condé.

Uyu musirikare yagaragaje ko "Afurika ibabazwa n’uburyo bw’imiyoborere twashyizweho. Ni uburyo bwiza kandi butanga umusaruro ku bo mu burengerazuba bw’Isi, ari na bo babuhanze bagendeye ku mateka yayo."

Perezida wa Guinée-Conakry yavuze ko buriya buryo bw’abanya-Burayi nta kindi usibye "gusahura umutungo wacu ndetswe na ruswa ihoraho mu bayobozi bacu."

Col Doumbouya ni we musirikare rukumbi mu baheruka gukora Coup d’État muri Afurika wemerewe kwitabira Inteko Rusange ya Loni.

Yavuze ko kuba yarahiritse ubutegetsi bwa Alpha Condé bitari mu rwego rwo "kuniga demokarasi" kugira ngo azane "imitegekere ye y’igitugu."

Yunzemo ati: "Uhirika ubutegetsi si ufata gusa intwaro agakuraho ubutegetsi. Abahirika ubutegetsi nyabo kandi akenshi batamaganwa, ni abategura, abakoresha ibinyoma, babeshya kugira ngo bahindure inyandiko zigize itegekonshinga kugira ngo bagundire ubutegetsi."

Doumbouya yavuze ko aba ari na bo benshi muri Afurika, gusa bakaba batamaganwa.

Perezida mushya wa Guinée-Conakry by’umwihariko yasobanuye ko yahisemo guhirika Condé mu rwego rwo "kurokora igihugu cyacu mu mvururu."

Yunzemo ko igihe kigeze ngo ikiragano cy’Abanyafurika bakiri bato bigobotore amategeko yo mu gihe cy’ubukoloni.

Ati: "Igihe kirageze ngo twisubize uburenganzira bwacu, duhabwe umwanya wacu. Ibirenze ibyo ariko, igihe kirageze ngo kuduha amasomo bihagarare, ngo hahagarare kutaduha agaciro no kudufata nk’abana."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa