skol
fortebet

Imvururu mu gushyingura Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Friday 29, Apr 2022

Imvururu mu gushyingura Mwai Kibaki wabaye Perezida wa Kenya

Sponsored Ad

skol

Umugabo yarogoye imihango yo gusezera bwanyuma uwahoze ari perezida wa Kenya Mwai Kibaki uherutse kwitaba Imana.

Umugabo yarogoye imihango yo gusezera bwanyuma uwahoze ari perezida wa Kenya Mwai Kibaki uherutse kwitaba Imana.

Ni umuhango wabereye mu murwa mukuru I Nairobi kuri uyu wa 29 mata 2022

Allan Makana, wahagaritse umuhango by’akanya gato avuga ko ari umwuzukuru wa Kibaki .gusa yahise atabwa muriyombi kugirango imihango ikomeze mu mutuzo.

Makana yuriye kuri aritari aho Arikiyepisikopi wa Nyere, Anthony Muheria yakoreraga imihango yanyuma yo gusezera mu isengesho Kibaki, aramuhobera maze abashinzwe umutekano bahita baza baramufata.

Arikiyepisikopi Muheria yavuze ko Makana yari umuhungu wa Kenya wakozwe ku mutima no kubura uwahoze ari perezida wari mu kiruhuko cy’izabukuru, maze asaba abashinzwe umutekano kumworohera.

Makana yumvikanye mu cyumweru gishize yifashe videwo yazengurutse cyane yiyita umwuzukuru wa Kibaki witabye Imana

Kibaki yasezeweho bwanyuama kuri uyu wa gatanu muri Nyayo National Stadium iri mu murwa mukuru wa Nairobi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa