skol
fortebet

Ishyaka rizwi muri RDC ryiyunze ku nyeshyamba za M23

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Friday 07, Jun 2024

Ishyaka rizwi muri RDC ryiyunze ku nyeshyamba za M23

Sponsored Ad

skol

Ishyaka Front Citoyen pour la Dignité du Congo FCDC ryatangaje ko ryahisemo kwiyunga ku ihuriro AFC ribamo umutwe wa M23, nyuma yo kurambirwa ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi.

Iri shyaka Front Citoyen pour la Dignité du Congo (FCDC) ryongeyeho ko rishaka gufatanya na AFC ifite umutwe wa M23, mu rwego rwo gushyira iherezo ku butegetsi bwa Tshisekedi.

Umuyobozi wa M23,Bertrand Bisimwa niwe wemeje aya makuru aho yavuze ko imiryango myinshi n’imitwe ya Politiki ikomeje kubiyungaho.

Ati: "Imitwe myinshi ya politiki na sosiyete sivile iherutse kwinjira muri Alliance River Alliance, AFC, nka Front Citoyen pour la Dignité du Congo,FCDC nkuko bigaragazwa n’itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iri shyirahamwe ryasomwe n’umuvugizi waryo,AMANI Steven ."

Benshi mu bashyigikira M23 bavuga ko irwanira ko abanyekongo bunga ubumwe bagashinja Leta yabo kubacamo ibice.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa