Ishyaka rya Kabila ryavuze ko ryamaganye iterabwoba leta iri gushyira ku muyobozi waryo
Yanditswe: Monday 12, Jun 2023
Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo ryamaganye iterabwoba ryemeza ko akomeje gushyirwaho n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.
Umunyamabanga Uhoraho wungirije wa PPRD, Ferdinand Kambere, mu kiganiro yagiranye na Top Congo FM, yavuze ko Leta iteganya gusaka urugo rwa Kabila ruri Kingakati, mu nkengero za Kinshasa, kandi ngo si ubwa mbere byaba bibayeho.
Kambere yasobanuye ko gusaka urugo rwa Kabila nta kindi byaba bigamije, keretse kumutera ubwoba kugira ngo ahunge igihugu yitangiye. Ati: “Bishoboke ko bifuza ko Raïs ahunga RDC, igihugu yitangiye kenshi. Bizera ko twese tuzahunga. Barashaka kumutera ubwoba.”
Uyu munyapolitiki yavuze ko iri terabwoba ryageze no kuri Murumuna wa Kabila, Zoé Kabila wegujwe ku mwanya wa Guverineri w’intara ya Tanganyika mu mwaka ushize. Ati: “Muribuka uburyo murumuna we Zoé yirukanwe mu biro.”
Kambere kandi yibukije uburyo ikibazo cya Mobondo cyahuzwaga n’isambu ya Kabila iri muri Kingakati. Ati: “Ibi bikorwa n’iterabwoba byibasira umuryango wacu wa politiki n’umuyobozi wacu byatangiye kera.”
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *