skol

Israel yavuye ku izima yemeye ko Sahara y’Iburengerazuba ari ubutaka bwa Maroc

Yanditswe: Tuesday 18, Jul 2023

featured-image

Israel yemeye ubusugire bwa Maroc ku butaka butavugwaho rumwe bwa Sahara y’Iburengerazuba, nk’uko Guverinoma ya Maroc ndetse n’itangazo ry’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel bivuga.

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 17 Nyakanga, Rabat yavuze ko Israel itekereza gufungura ambasade i Dakhla.

Itangazo ry’ingoro ya cyami ya Maroc rivuga ko aho Israel ihagaze yabigaragaje mu ibaruwa yandikiwe Umwami Mohammed wa VI yanditswe na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Maroc yagenzuye ako karere, ariko bitemewe ku rwego mpuzamahanga, kuva mu 1975 ubutegetsi bwa gikoloni bwa Espagne burangiye nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ikomeza ivuga.

Umutwe wa Polisario ushyigikiwe na Algeria uharanira ko Sahara y’Iburengerazuba yaba igihugu cyigenga . Mu 2020, uwari Perezida wa Amerika icyo gihe, Donald Trump, yemeye ko Sahara y’Iburengerazuba ari ubutaka bwa Maroc kugirango na yo yemere kubyutsa umubano na Israel.

Aho Israel ihagaze hazamenyeshwa “Umuryango w’Abibumbye, imiryango yo mu karere ndetse n’imiryango mpuzamahanga… ndetse no mu bihugu byose Israel ifitanye nabyo umubano ushingiye kuri dipolomasi (ifitemo za ambasade)”, nk’uko byatangajwe n’ingoro y’Umwami wa Maroc.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Israel, Eli Cohen, yavuze ko kwemeza ko Sahara y’Iburengerazuba ari agace ka Maroc “bizashimangira umubano hagati y’ibihugu” kandi biteze imbere umutekano mu karere.

Ibindi bihugu 28, cyane cyane muri Afurika n’Abarabu, byafunguye za ambasade mu mijyi ya Sahara y’Iburengerazuba ya Dakhla na Laayoune mu cyo Maroc ibona nk’inkunga ifatika ishyigikira ubuyobozi bwayo kuri ubu butaka.

Aho Israel ihagaze kuri Sahara y’Iburengerazuba bije nyuma y’uko Washington na Madrid n’indi mijyi mikuru y’i Burayi bishyigikiye ububasha bwa Maroc kuri kariya gace, nk’uko umuyobozi mukuru muri leta ya Maroc yabitangarije Ibiro Ntaramakuru Reuters.

Yongeyeho ko kuba Israel yemeye ko Maroc ifite ububasha kuri Sahara y’Iburengerazuba bitazagira ingaruka ku mahame ya Maroc ashyigikiye igisubizo cya leta ebyiri mu makimbirane ya Israel na Palestine.

Maroc yo yiteze ko iki cyemezo kizashishikariza Israel gushora imari muri kariya gace.

Muri 2020, Maroc yemeye gusubiza mu buryo umubano wayo na Israel mu masezerano yagizwemo uruhare na Amerika. Mu rwego rw’ayo masezerano, Trump yemeye kwemera ubusugire bwa Maroc kuri Sahara y’Iburengerazuba.

Maroc yabaye igihugu cya kane cyasinyanye amasezerano agamije gusubiza mu buryo umubano na Israel. Ibindi ni Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Bahrein na Sudani.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa