skol

Julius Malema utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo yeruye ko ashyigikiye Uburusiya

Yanditswe: Wednesday 24, May 2023

featured-image

Umukuru w’ishyaka Economic Freedom Fighters (EFF) ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Afurika y’Epfo, rya gatatu mu kugira abayoboke benshi muri icyo gihugu, yavuze ko "yaha intwaro Uburusiya" kuko buri "mu ntambara na ba gashakabuhake [ba mpatsibihugu]".

Mu kiganiro na BBC i Johannesburg, Julius Malema yashimangiye ko "Afurika y’Epfo ni inshuti y’Uburusiya".

Yavuze kandi ko aho ishyaka rya African National Congress (ANC) – riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo – rihagaze ho kutagira uruhande iki gihugu kibogamiraho, hajyanye (hareba) gusa n’intambara yo muri Ukraine.

Malema, w’imyaka 42, yabwiye umunyamakuru wa BBC Stephen Sackur wo mu kiganiro HARDtalk, ati: "Nzajya [nzageza] aharenze ubucuti n’Uburusiya. Mu ntambara, nzajya ku ruhande rw’Uburusiya ndetse nzanabuha intwaro".

Ishyaka EFF rinashaka ko Afurika y’Epfo yikura mu rukiko mpuzamahanga mbanabyaha (ICC/CPI).

ICC yatanze urupapuro rwo guta muri yombi Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin ku byaha byo mu ntambara acyekwaho gukorera muri Ukraine.

Ariko Malema yasezeranyije kubuza igerageza iryo ari ryo ryose ryo guta muri yombi Putin, ubwo mu kwezi gutaha azaba yitabiriye inama y’ibihugu byo mu itsinda ry’ubukungu rya BRICS, izabera i Cape Town.

BRICS igizwe na Brazil, Uburusiya, Ubuhinde, Ubushinwa n’Afurika y’Epfo.

Malema avuze aya magambo nyuma y’ikibazo mu mubano wa diplomasi hagati y’Amerika n’Afurika y’Epfo.

Muri uku kwezi kwa Gicurasi (5), ambasaderi w’Amerika muri Afurika y’Epfo yavuze ko mu kwezi kw’Ukuboza (12) mu 2022, intwaro n’amasasu byapakiwe mu bwato bw’Uburusiya bwari buparitse muri Afurika y’Epfo, bijyanwa mu Burusiya.

Leta y’Afurika y’Epfo yahakanye ivuga ko itigeze yemeza (iha uruhushya) ijyanwa ry’intwaro mu Burusiya.

Ibitekerezo

  • Africa yose yakagombye gushyigikira Russia muburyo bwose bushoboka

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa