skol

Kenya: Izina ry’umunya Venezuwela mu matora ya Perezida ryateje impaka mu rukiko

Yanditswe: Friday 02, Sep 2022

featured-image

Uyu munsi hakomeje urubanza rwo gusaba gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya,yabaye kuwa 09 Kanama 2022.
Kuri uyu wa gatanu,tariki ya 02 Nzeri 2022, Madamu Julie Soweto, umunyamategeko mu itsinda rihagarariye umuyobozi wa Azimio Raila Odinga, yatanze amashusho kuri videwo agaragaza amakosa ya Komisiyo y’Amatora aho mu mazina yatoye harimo n’iry’umunya Venezuwela.
Mu iburanisha ryerekeye ibyo gusesa ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu ryabereye mu rukiko (…)

Uyu munsi hakomeje urubanza rwo gusaba gutesha agaciro ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya,yabaye kuwa 09 Kanama 2022.

Kuri uyu wa gatanu,tariki ya 02 Nzeri 2022, Madamu Julie Soweto, umunyamategeko mu itsinda rihagarariye umuyobozi wa Azimio Raila Odinga, yatanze amashusho kuri videwo agaragaza amakosa ya Komisiyo y’Amatora aho mu mazina yatoye harimo n’iry’umunya Venezuwela.

Mu iburanisha ryerekeye ibyo gusesa ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu ryabereye mu rukiko rw’ikirenga, Madamu Soweto yerekanye izina ry’umunya Venezuwela Jose Camargo ryari kuri fomu ya 34A yo gutoreraho.Uyu ngo yatoreye ku Ishuri ribanza rya Gacharaigo mu Ntara ya Murang’a

Yagize ati"Twasabye ko batwereka uko imibare yahinduwe, imibare ya mbere ni iya Raila Odinga 55, Ruto 260 , Mwaure 1 na Wajackoyah 0. Dukusanyije amajwi yose twabona 316. Amajwi yose yatanzwe kuri iyi fomu ni 321. Bitandukanye nibyo twabonye. Bisobanura ko kubara byajemo ikibazo ".

Madamu Soweto yakomeje agira ati "Twabwiwe na Bwana Eric Gumbo (umunyamategeko wa IEBC) ko muri aya matora nta banyamahanga barimo. Twabwiwe ko badafite uburenganzira kuri seriveri. Ku mfuruka yo hejuru ibumoso dufite izina rya Jose Camargo. Uyu ni we muntu wagenye ibyavuye mu matora. Ibyo byaje bite? "

Undi munyamategeko witwa Tom Macharia yavuze ko umuyobozi wa IEBC nta bubasha afite bwo gukusanya imibare yavuye ku biro by’itora kuko Urukiko rw’Ikirenga ari rwo rwonyine rubifitiye ububasha.

Bwana Otieno nawe w’umunyamategeko yasabye abacamanza gufatira ibihano Bwana Chebukati uyobora Komisiyo y’amatora,IEBC. Ati"Alligator isohotse mu mazi ikakubwira ko ingona irwaye, wabishidikanya?."

Abanyamategeko ba Odinga bari guhatana kugira ngo aya matora ateshwe agaciro hanyuma hongere hakorwe andi cyane ko ashize yatsinzwe na William Ruto.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa