Kenya: Stade yuzuye saa kumi n’imwe z’igitondo abitabiriye kurahira kwa William Ruto
Yanditswe: Tuesday 13, Sep 2022
Polisi ya Kenya yatangaje ko kuva saa kumi n’imwe z’igitondo ku isaha ya Nairobi stade ya Kasarani igiye kuberamo kurahira kwa Perezida wa 5 wa Kenya yari yuzuye abaje kwitabira uyu muhango, isaba abasigaye kubirebera mu ngo zabo.
Moi International Sports Center – izwi cyane nka Kasarani stadium - yafunguriwe rubanda guhera saa cyenda z’igicuku, nk’uko umunyamakuru wa BBC uriyo abivuga.
Ku biteganyijwe, abashyitsi bakuru baratangira kuhagera saa 10:30, William Ruto ugiye kurahira (…)
Polisi ya Kenya yatangaje ko kuva saa kumi n’imwe z’igitondo ku isaha ya Nairobi stade ya Kasarani igiye kuberamo kurahira kwa Perezida wa 5 wa Kenya yari yuzuye abaje kwitabira uyu muhango, isaba abasigaye kubirebera mu ngo zabo.
Moi International Sports Center – izwi cyane nka Kasarani stadium - yafunguriwe rubanda guhera saa cyenda z’igicuku, nk’uko umunyamakuru wa BBC uriyo abivuga.
Ku biteganyijwe, abashyitsi bakuru baratangira kuhagera saa 10:30, William Ruto ugiye kurahira arahagera 11:40 umuhango nyirizina utangire saa sita ku isaha yaho.
Stade ya Kasarani ijyamo abantu 60,000 bicaye neza.
Perezida Kagame uri mu bashyitsi bitabiriye uyu muhango, yageze i Nairobi kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022.
Perezida Kagame akigera muri Kenya yagiranye ibiganiro na William Ruto, byabereye i Nairobi.
William Ruto abinyujije kuri Twitter yavuze ko “u Rwanda na Kenya bifitanye umubano umaze igihe, udashingiye gusa ku kuba ari ibihugu by’ibituranyi, ahubwo wubakiye ku nyungu z’ibihugu byombi n’ubutwererane bifitanye mu bijyanye n’ubukungu n’umutekano.”
Yavuze ko “ku butegetsi bwe azaharanira kwagura ubu butwererane n’inyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.”
Abashyitsi b’icyubahiro barenga 2 500 nibo bategerejwe i Nairobi barimo abakuru b’ibihugu na Guverinoma bagera kuri 20.
Umwe mu bagize Komite ishinzwe ibikorwa byo guhererekanya ububasha hagati ya Kenyatta na Ruto, Karanja Kibicho, yabwiye Nation ko abakuru b’ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bose bazitabira uyu muhango.
Ibindi bihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa byamaze kwemeza ko muri uyu muhango bizohereza intumwa.
Ku wa 15 Kanama 2022, nibwo Komisiyiso y’Amatora muri Kenya yatangaje ko William Ruto yatorewe kuyobora Kenya ku majwi 50,4% (angana n’amajwi miliyoni 7,1) yari ahigitse Raila Odinga bari bahanganye wabonye 48,9%.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *