Kenya: Umukuru wa polisi yatanze umucyo ku mirambo byavuzwe ko ari abishwe bigaragambya
Yanditswe: Tuesday 08, Aug 2023
Umukuru w’Igipolisi cya Kenya, Japhet Koome yashinje abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi gukodesha imirambo bayikuye mu buruhukiro barangiza bakavuga ko ari abantu biciwe mu myigaragambyo.
Kuri uyu wa kabiri ubwo yari ahitwa Nyeri, IGP Koome yagize ati "Birababaje kubona bamwe mu bantu bakuru mu muryango bajya mu buruhukiro gushakisha imirambo, bagahamagara itangazamakuru bakababwira ko abo bantu bishwe n’abapolisi. Mbega ahantu haciriritse bamwe mu bayobozi bacu bamaze kugera?"
Ni ubwambere Koome avuga ku myigaragambyo kuva yamara iminsi itatu mu kwezi gushize nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Nation ivuga.
Umuyobozi w’ihuriro Azimio, Raila Odinga, yari yatangaje ko byibuze abantu 50 bishwe kuva muri Werurwe ubwo ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ryatangiraga imyigaragambyo ya buri cyumweru yamagana leta.
Icyakora, Umunyamabanga wa leta ushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu, Raymond Omollo, mu itangazo rye yavuze ko umupolisi umwe yishwe naho abashinzwe umutekano 305 barakomereka bikabije.
Perezida William Ruto yavuze kandi ko umutekano wa Kenya udashidikanwaho.
Ahubwo yabwiye abayobozi ba Azimio ko bagomba gusaba imbabazi Abanyakenya kubera imyigaragambyo yateje impfu n’ibikomere.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *