Kenya:Umunsi w’imyigaragambyo havuzwa amasafuriya wageze polisi yateguje guhangana
Yanditswe: Wednesday 19, Jul 2023
Abatavuga rumwe na Guverinoma ya William Ruto batangaje ko guhera kuri uyu wa Gatatu bari butangire imyigaragambyo ikomeye yamagana uko Leta ifashe abaturage bayo.
Ku rundi ruhande, Polisi ya Kenya yavuze ko ibyo bari bukore biri bufatwe nko guhungabanya umudendezo w’igihugu.
Hagati aho abantu bafite impungenge z’uko Umurwa mukuru Nairobi n’indi mijyi minini iri buhinduke isibaniro ndetse hakameneka amaraso menshi.
Abatavuga rumwe na Leta ya Kenya bagize ishyaka ryitwa Azimio La Umoja riyobowe na Raila Odinga, biteguye gukubita amasafuriya bigaragambya.
Polisi ya Kenya yaburiye abatavuga rumwe na Guverinoma ko nibatitonda bari buhure n’ikibazo cy’uko bari guhungabanya umudendezo n’ubusugire bw’igihugu.
Komiseri mukuru wa Polisi ya Kenya IGP Japhet Koome yasabye abaza kwigaragambya kuza kubikora mu buryo butari bushyire mu kaga ubuzima bw’abaturage muri rusange.
Yababwiye imyigaragambyo nk’’iriya itemewe n’Itegeko nshinga rya Kenya mu ngingo yaryo ya 37.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *