skol

Kenya yitandukanyije n’abashaka guhungabanya umutekano wa RDC

Yanditswe: Sunday 17, Dec 2023

featured-image

Igihugu cya Kenya cyatangaje ko ’cyitandukanyije n’ibikorwa byahungabanya’umutekano wa RD Congo,nyuma y’aho Corneille Nangaa utavuga rumwe na Perezida Tshisekedi yemeje ko yashinze ihuriro rifite igisirikare ryo kumurwanya,mu nama yabereye i Nairobi.

Minisitiri Mudavadi yavuze ko Kenya "yitandukanyije n’amagambo ayo ari yo yose cyangwa ibikorwa bishobora guhungabanya amahoro n’umutekano by’igihugu cy’inshuti cya DRC."

Yongeyeho ko Kenya yatangiye iperereza ryo "kumenya imyirondoro y’abakoze itangazo" ry’iryo huriro no kumenya "ikigero ibyo bavuze biri aharenze imvugo yemewe n’itegekonshinga".

Ati: "Kenya yongeye gushimangira ko nta ruhare ifite mu bibera imbere muri DRC kandi yiyemeje gukomeza gushyigikira amahoro, umutekano, no gushimangira demokarasi kw’icyo gihugu."

Mbere yaho, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DR Congo Christophe Lutundula yari yabwiye radio Top Congo yo muri icyo gihugu ko leta ya Kenya ishobora "kwirengera ingaruka" zava ku kwemera ishingwa ry’iryo huriro.

Yagize ati: "Guverinoma yacu ifite ishingiro mu gusaba ibisobanuro guverinoma ya Kenya, by’umwihariko kuko Bwana Corneille Nangaa yarase ubufasha ndetse ashima ubufasha baba barahawe na guverinoma ya Kenya..."

Nangaa, umaze amezi aba mu buhungiro, yavuze ko iryo huriro, ririmo imitwe nibura icyenda yitwaje intwaro, rigamije "kongera kubaka igihugu" no "kugarura amahoro" kubera ko ubutegetsi bwabanje byabunaniye, nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru AFP.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa