skol

Kim Jong Un yageze mu Burusiya ari muri gariyamoshi ye gusura Putin

Yanditswe: Tuesday 12, Sep 2023

featured-image

Perezida Kim Jong Un wa Koreya Ruguru yambutse umupaka yinjira mu Burusiya aho agiye gusura mugenzi we Vladimir Putin.

Byitezwe cyane ko baganira ku ntwaro muri iki gihe Uburusiya buhanganye n’igitero cyo kwivuna cya Ukraine, nk’uko abategetsi ba Amerika babivuga.

Minisiteri y’ingabo ya Koreya y’Epfo yemeje ko gariyamoshi y’umutamenwa ya Kim yinjiye mu Burusiya mu gitondo kare kuri uyu wa kabiri.

Ubu irimo kwerekeza i Vladivostok, aho Uburusiya burimo kwakirira inama y’ubukungu y’ibihugu by’iburasirazuba.

Urwo rugendo byitezwe ko rumara andi masaha atandatu.

Guhura kw’aba bategetsi babiri gushobora kuba kuri uyu wa kabiri nk’uko ibinyamakuru byaho bibitangaza – nubwo itangazo rya Kremlin, ibiro bya Putin – ryari ryavuze ko bazahura “mu minsi iza”.

Kim aherekejwe n’abategetsi bakuru muri guverinoma ye, barimo abo mu gisirikare, nk’uko ikinyamakuru cya leta yaho KCNA kibitangaza.

Amafoto yatangajwe n’ikinyamakuru cya leta, yerekana Kim apepera n’akaboko ahagaze ku muryango wa gariyamoshi ye ubwo yari igiye guhaguruka i Pyongyang.

Igikuru mu bigomba kubahuza ni ukuba Koreya ya Ruguru yaha Moscow intwaro zo kwifashisha mu ntambara na Ukraine, nk’uko umwe mu bategetsi muri Amerika yabitangarije ikinyamakuru CBS cyo muri Amerika.

Kim aheruka mu ruzinduko mu mahanga, nabwo i Vladivostok, mu 2019 mu nama na Putin nyuma yo guhagarara kw’ibiganiro ku gusenya intwaro kirimbuzi Kim yagiranaga n’uwari Perezida Donald Trump.

Gariyamoshi ye y’umutamenwa itwaye kandi nibura imodoka 20 nazo z’imitamenwa, bituma iremererwa kurushaho. Ubwo buremere bwayo butuma igenda buhoro cyane – ishobora kugenda ku muvuduko gusa wa 59km/h.

Ibiro bya perezida wa Amerika bivuga ko bifite amakuru mashya ko ibiganiro ku ntwaro hagati ya Koreya ya Ruguru n’Uburusiya “birimo kwihuta”.

Bivugwa ko Uburusiya bwaba bukeneye ibisasu bya 122mm na 152mm kuko ububiko bwabyo ubu burimo gushira, gusa biragoye kumenya uko izo Koreya ya Ruguru ifite zingana, kubera uburyo ikorera mu ibanga.

Intwaro zerekanywe muri Nyakanga(7) mu guhura kwa Perezida Kim na Minisitiri Shoigu zarimo misile zambukiranya imigabane bise Hwasong.

Icyo gihe bwari ubwa mbere Kim afunguriye imiryango y’igihugu abashyitsi bo hanze kuva mu cyorezo cya Covid.

Amerika yaburiye Koreya ya Ruguru ku guha intwaro Uburusiya. Gusa Amerika nayo – n’inshuti zayo - biha intwaro Ukraine, bitanga impamvu ko ari igihugu cyasagariwe.

Ibiro Kremlin bya Perezida Putin byavuze ko Uburusiya “butitaye” ku kuburira kwa Washington ahubwo izita ku nyungu za Pyongyang na Moscow.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa