M23 yasubije Perezida Tshisekedi wavuze amagambo yo kuyiharabika
Yanditswe: Friday 14, Apr 2023
Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yatangaje ko batazigera baganira na M23 kandi ko mu gusubira inyuma kwayo abarwanyi bayo bagomba guhurizwa i Kitchanga nyuma bakajyanwa i Kindu mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe bakaba abasivile.
Yabivuze kuri uyu wa kane mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko rwa Perezida Alain Berset w’Ubusuwisi arimo i Kinshasa.
Perezida Tshisekedi yavuze ko ngo M23 n’abayishyigikiye bafite umugambi wo kwinjirira inzego za Congo, kugira ngo bazabangamire (…)
Perezida Felix Tshisekedi wa DR Congo yatangaje ko batazigera baganira na M23 kandi ko mu gusubira inyuma kwayo abarwanyi bayo bagomba guhurizwa i Kitchanga nyuma bakajyanwa i Kindu mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe bakaba abasivile.
Yabivuze kuri uyu wa kane mu kiganiro n’abanyamakuru mu ruzinduko rwa Perezida Alain Berset w’Ubusuwisi arimo i Kinshasa.
Perezida Tshisekedi yavuze ko ngo M23 n’abayishyigikiye bafite umugambi wo kwinjirira inzego za Congo, kugira ngo bazabangamire imiyoborere y’iki gihugu. Ati “Badusaba ibidashoboka kugira ngo bazagere ku cyo bagamije.”
Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, we mu butumwa yatambukije kuri Twitter, yakomeje avuga ko igihe cyose hatabayeho ibiganiro, na Guverinoma ya Congo, bigoye ko haboneka amahoro kuko ubutegetsi bw’iki Gihugu, ntakindi bugamije uretse gukomeza kubangamira bamwe mu Banyekongo.
Ati “Igihe cyose nta biganiro bya politike bitaziguye hagati ya M23 na guverinoma ya Kinshasa, nta gushyirwa hamwe, nta gushyira intwaro hasi no gusubizwa mu buzima busanzwe bizabaho.”
Mu byo yabwiye abanyamakuru ku wa kane, Perezida Tshisekedi yavuze ko leta ya Congo itazigera iganira na M23.
Yagize ati: “Aho ndashaka kubisubiramo, nkabishimangira uko bikwiye. Nta biganiro bya politike byo kugirana n’uyu mutwe. Ndabivuga kandi ndabishimangira, nta bizabaho.”
Ibyo avuga bisobanuye ko ibiganiro by’amahoro bya leta na M23 biba gusa buri ruhande ruvuganye n’abahuza ukwarwo.
Bisimwa wa M23 yagaragaje ko iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo kwanga ibiganiro na M23 ndetse no kutitandukanya n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, bihabanye n’imyanzuro yagiye ifatwa n’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *