Mali:Amatora y’umukuru w’igihugu yari ateganijwe mukwa kabiri yigijweyo
Yanditswe: Tuesday 26, Sep 2023
Ubutegetsi bw’Igiirikare muri Mali bwatangaje ko amatora y’Umukuru w’igihugu yagombaga kuba mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2024 yimuwe
Umuvugizi wa guverinoma, Col Abdoulaye Maiga niwe wabitangaje,yongeraho ko itariki yindi izatangazwa nyuma kandi ko gutora abagize nteko ishingamategeko bizagenerwa igihe cyabyo kihariye.
Ati”kwimura itariki y’amatora byatewe n’ibibazo twagize by’ikoranabuhanga,hakiyongeraho imirimo ikomeye yo kwemeza itegekonshinga rivuguruye no gusuzuma neza amwe mu mategeko agenga amatora.”
Imiryango itegamiye kuri leta muri icyo gihugu hamwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Mali bahise batangaza ko itangazo ryo gusubika amatora ari uruca ntege no kwibaza kuri demokalasi y’ahazaza h’igihugu.
Gutora umukuru w’igihugu muri Mali byari biteganijwe nk’inzira yo gusubiza abaturage ubutegetsi nk’uko biteganywa n’itegekonshinga. Ni nyuma yahoo igisirikare gihirikiye ubutegetsi muri 2020 na 2021 ubundi kigatangira kuyobora.
Ku bw’Aba basirikare bafite ubutegetsi, ngo amatora bifuzaga ko yashyirwa mu mwaka wa 2026, baza kuyigiza imbere muri 2025. Gusa nyuma y’igitutu cya Ecowas itari ibashyigikiye namba, byarangiye bemeje ko yaba mu mwaka utaha wa 2024.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *