skol

Marine Le Pen ntakiyamamarije kuyobora Ubufaransa mu matora ya 2027

Yanditswe: Thursday 10, Jul 2025

featured-image

Urukiko rw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa muntu (ECHR) rwatesheje agaciro ikirego cya Marine Le Pen cyo gusaba ko yakurirwaho ibihano yafatiwe bimubuza guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu Bufaransa, mu gihe cy’imyaka itanu.

Muri Werurwe 2025 nibwo uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa, yakatiwe n’urukiko gufungwa imyaka ine no kwamburwa uburenganzira bwo kwiyamamariza ubutegetsi mu gihe cy’imyaka itanu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo kunyereza umutungo w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).

Le Pen, Ishyaka rye n’abandi bantu bakomeye muri ryo, bahamijwe ibyaha byo gukoresha nabi asaga miliyoni 3,3$ yari yatanzwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Inteko y’u Burayi yari yatanze amafaranga yo gukoresha mu kwishyura abakozi bafasha abayigize mu mirimo yabo ya buri munsi, Le Pen n’abandi 20 bo mu ishyaka rya Rassemblement National bayakoresha mu nyungu z’ishyaka ryabo.

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa buvuga ko Le Pen yakoresheje ayo mafaranga yishyura abakozi b’Ishyaka rye mu Bufaransa aho kuba abafasha abagize Inteko ya EU.

Ibi bivuze ko iyi nteko yaba yarateye inkunga ibikorwa by’Ishyaka kandi bitemewe mu mategeko ya EU.

Iki cyemezo kigifatwa Marine Le Pen yatanze ikirego mu Rukiko rw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa muntu, asaba ku cyakurwaho.

Ku wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025 nibwo uru rukiko rwatangaje ko rwatesheje agaciro ubu busabe bwa Le Pen.

Byari byitezwe ko Marine Le Pen ari umwe mu bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu Bufaransa yo mu 2027. Ni nyuma yo gutsindwa ayo mu 2017 n’ayo mu 2022.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa