skol

Massad Boulos-Amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC ’ahanini areba M23’

Yanditswe: Wednesday 02, Jul 2025

featured-image

Umujyanama mukuru wa Perezida w’Amerika Donald Trump kuri Afurika yabwiye BBC News ko ingingo yo gushyira intwaro hasi iri mu masezerano y’amahoro u Rwanda ruherutse kugirana na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, "ahanini ireba M23".

Umujyanama mukuru wa Perezida w’Amerika Donald Trump kuri Afurika yabwiye BBC News ko ingingo yo gushyira intwaro hasi iri mu masezerano y’amahoro u Rwanda ruherutse kugirana na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, "ahanini ireba M23".

Ku wa gatanu ushize, i Washington muri Amerika, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe n’uwa DRC Thérèse Kayikwamba bashyize umukono ku masezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, imbere ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio.

Ni amasezerano agamije kurangiza intambara imaze imyaka 30 ihagarara ikongera ikubura mu burasirazuba bwa DRC, bukungahaye ku mabuye y’agaciro.

Abajijwe niba aya masezerano asobanuye ko M23 igomba gushyira intwaro hasi, Boulos, wagize uruhare rukomeye muri aya masezerano, yabwiye BBC News ati:

"Yego, cyane rwose, ahanini bireba M23 ariko binareba indi mitwe yose yitwaje intwaro.

Leta y’u Rwanda ihakana gufasha uwo mutwe, uyobowe ahanini n’Abatutsi b’Abanye-Congo, uvuga ko wafashe intwaro kugira ngo urinde uburenganzira bw’abo muri ubwo bwoko bwa ba nyamucye no kubera ko abategetsi ba DRC bisubiyeho ku byo bari bariyemeje mu masezerano y’amahoro yabayeho mbere.

Ku wa gatanu ushize, i Washington muri Amerika, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe n’uwa DRC Thérèse Kayikwamba bashyize umukono ku masezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, imbere ya Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio.

Ni amasezerano agamije kurangiza intambara imaze imyaka 30 ihagarara ikongera ikubura mu burasirazuba bwa DRC, bukungahaye ku mabuye y’agaciro.

Abajijwe niba aya masezerano asobanuye ko M23 igomba gushyira intwaro hasi, Boulos, wagize uruhare rukomeye muri aya masezerano, yabwiye BBC News ati:

"Yego, cyane rwose, ahanini bireba M23 ariko binareba indi mitwe yose yitwaje intwaro.

"Ariko ibyo ni ingingo y’ingenzi y’ibiganiro bya Doha [muri Qatar] biri hagati ya leta ya DRC, ubutegetsi bwa Perezida [Félix] Tshisekedi n’umutwe wa M23, birimo gukoreshwa na Qatar. Rero birumvikana ibi [aya masezerano] bireba ahanini M23 hamwe n’indi mitwe yose yitwaje intwaro."

"Ndetse ni imwe mu mpamvu zatumye dufasha muri aya masezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda."

Abajijwe niba kuba u Rwanda rwarinjiye muri aya masezerano bisobanuye ko rwemera ko rufasha M23, Boulos yavuze ko atatekereza ko "byigaragaza".

Ati: "Kuba [u Rwanda] bari muri aya masezerano y’amahoro, uruhare rwabo ahanini ruri muri ubu buryo. Banemeje ndetse biyemeza gufasha mu biganiro bikomeje i Doha bijyanye na M23. Nta gushidikanya ko bafite ijambo rinini, mbivuze gutyo, kuri uwo mutwe nubwo uwo mutwe ari uw’Abanye-Congo twese turabizi."

U Rwanda rushimangira ko rwagiye muri aya masezerano kubera inkeke ku mutekano warwo ziterwa n’umutwe w’inyeshyamba wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa DRC urwanya ubutegetsi bwarwo. Aya masezerano y’amahoro ateganya ko ugomba kurandurwa.

Corneille Nangaa ukuriye umutwe wa AFC/M23 aheruka kuvuga ko aya masezerano ya Washington "areba igice kimwe mu mpamvu z’amakimbirane muri DR Congo", ko ari yo mpamvu bo bashyigikiye inzira ya Doha y’ibiganiro hagati ya leta ya Kinshasa na AFC/M23 kugira ngo bacyemure "impamvu-muzi z’ikibazo cya Congo".

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa