skol
fortebet

Mexique iraburira Leta zunze ubumwe Amerika ko izihimura

Yanditswe: Sunday 26, Feb 2017

Sponsored Ad

Mexique iravuga ko izihimura ibicuruzwa byayo byinjira muri Amerika nibizamurirwa amahoro abyakwaho muri gahunda yo kubona amafaranga yo kubaka urukuta ku mupaka w’ibihugu byombi.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Mexique, Luis Videgaray, yavuze ko leta ye ishobora guca amahoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe byinjira muri Mexique bivuye muri leta zimwe na zimwe za Amerika.
Mbere yaho, Perezida wa Amerika Donald Trump yari yavuze ko urukuta yasezeranyije abaturage b’igihugu cye mu gukumira (...)

Sponsored Ad

Mexique iravuga ko izihimura ibicuruzwa byayo byinjira muri Amerika nibizamurirwa amahoro abyakwaho muri gahunda yo kubona amafaranga yo kubaka urukuta ku mupaka w’ibihugu byombi.

Ministiri w’ububanyi n’amahanga wa Mexique, Luis Videgaray, yavuze ko leta ye ishobora guca amahoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe byinjira muri Mexique bivuye muri leta zimwe na zimwe za Amerika.

Mbere yaho, Perezida wa Amerika Donald Trump yari yavuze ko urukuta yasezeranyije abaturage b’igihugu cye mu gukumira abimukira ari hafi gutangiza gahunda yo kurwubaka.

Leta ya Amerika iravuga ko mu kwezi gutaha kwa gatatu izatangira kwakira ibishushanyo mbonera by’urwo rukuta.

Isoko ryo kurwubaka biteganijwe ko rizatangwa mu kwezi kwa kane.

Bwana Trump yasezeranije abanyamerika ko Mexique ariyo izatanga amafaranga azagenda kuri urwo rukuta ruzagendaho amadolari ashobora kugera kuri miliyari 21 n’igice nkuko bitangazwa n’icyegeranyo cya minisiteri ishinzwe umutekano imbere muri Amerika.

Uyu mubare uri hejuru ugereranyije n’uwari waratanzwe mbere na Trump ungana na miliyari 12 z’amadolari.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa