Minisitiri yeguye nyuma yo kuvuga ko ’nta basabirizi’ bafite
Yanditswe: Wednesday 16, Jul 2025
Minisitiri w’abakozi ba leta n’imibereho myiza muri Cuba, Marta Elena Feitó-Cabrera, yahatiwe kwegura ku mwanya we nyuma y’amagambo yavugiye mu kiganiro mu nteko ishingamategeko, akavuga ko nta bantu basabiriza bari muri iki gihugu kigizwe n’ikirwa, gitegetswe mu buryo bwa gikomunisiti.
Uwo Minisitiri yari yavuze ko nta kintu cyitwa "abasabirizi" kirangwa muri Cuba ndetse ko abantu baba batoragura mu myanda, urebye, babikora ku bw’amahitamo yabo kugira ngo babone, nkuko yabivuze, "amafaranga mu buryo bworoshye".
Ayo magambo ye yanenzwe n’Abanya-Cuba benshi, baba ababa imbere mu gihugu no mu mahanga, ndetse bituma Perezida wa Cuba, Miguel Díaz-Canel, agira icyo abivugaho. Nyuma yaho gato, uwo Minisitiri yeguye ku mwanya we.
Ikigero cy’ubucyene n’ubucye bw’ibiribwa cyarahuhutse muri Cuba, mu gihe iki gihugu gikomeje guhangana n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu.
Feitó-Cabrera yabivuze muri iki cyumweru mu kiganiro mu nteko ishingamategeko, ubwo yavugaga ku bantu basabiriza banajagajaga ahajugunywa imyanda muri Cuba.
Yagaragaye ahakana ko babaho, agira ati: "Nta basabirizi bari muri Cuba. Hari abantu bigira nk’abasabirizi kugira ngo babone amafaranga mu buryo bworoshye."
Ikindi, yashinje abantu bashakisha mu myanda ko ari "abajya, binyuranyije n’amategeko, muri serivise yo gutunganya imyanda ngo ikorwemo ibindi bintu".
Uko bigaragara, Minisitiri ntiyari yiteze umujinya n’uburakari bwinshi amagambo ye yateje, ndetse n’ikigero ayo magambo yagaragajemo ubutegetsi bw’iki gihugu nk’ubutagira umutima wumva akababaro k’abandi, bw’igitugu kandi butazi na gato amagorwa yo mu bukungu Abanya-Cuba bo hasi bahura na yo.
Impirimbanyi nyinshi z’Abanya-Cuba hamwe n’abanyabwenge batangaje ibaruwa isaba ko akurwa kuri uwo mwanya, bavuga ko amagambo ye ari "igitutsi ku Banya-Cuba".
Nuko Perezida wa Cuba anenga Feitó-Cabrera muri icyo kiganiro mu nteko ishingamategeko – nubwo atamuvuze mu izina – avuga ko ubutegetsi budashobora "gukora mu buryo bwo kwishongora [kwishyira hejuru]" cyangwa "butumva ibiriho by’ukuri" abaturage babayemo.
Impuguke mu bukungu y’Umunya-Cuba, Pedro Monreal, yatangaje ku rubuga nkoranyambaga X ko muri Cuba hari "abantu biyoberanya nk’abaminisitiri".
Kwegura kwa Feitó-Cabrera kwemewe n’ishyaka rya gikumunisiti rya Cuba ndetse n’abagize guverinoma.
Nubwo leta ya Cuba idatangaza amakuru ku mubare w’abantu basabiriza, ukwiyongera kw’umubare wabo kurigaragaza ku Banya-Cuba benshi, mu gihe iki kirwa cyugarijwe n’ikibazo gikomeye cy’ubukungu.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *