Moise Katumbi yaremeye abatuye Goma nyuma yo kubasaba kumutora
Yanditswe: Saturday 25, Nov 2023
Umukandida wo mu ishyaka Ensemble pour la République, Moïse Katumbi, ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamariza Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Goma, yatanze imfashanyo zirimo ibiribwa n’Imbangukiragutabara zo kujyana abarwayi kwa muganga.
Izi mfashanyo yazihaye impunzi zagiye zivanwa mu byabo kubera intambara z’urudaca zikomeje kubica bigacika mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokorasi ya Congo.
Mu byo Katumbi Moïse, yahaye bariya baturage bakuwe mu byabo n’intambara harimo Toni 100 z’ibiribwa ndetse abaha na Ambulansi ebyiri zizabafasha mu buvuzi.
Abafashijwe n’impunzi za Kanyarucinya na Bulengo, ziri mu mu nkengero z’umujyi wa Goma.
Katumbi Moïse, yavuye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru akomereza mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho yahise abanziriza i Kamituga.
Izi mfashanyo yazitanze kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2023.
Perezida Katumbi yijeje abanyekongo kuzabaha amahoro arambye ndetse no guhindura ibyagoretswe na Perezida Tshisekedi mu myaka itanu amaze ayobora RDC.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *