"Mukure amaboko yanyu muri RDC"-Papa Francis asaba ibihugu bikomeye
Yanditswe: Wednesday 01, Feb 2023
Mu rugendo yagiriye muri Republika ya Demokrasi ya Congo, umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yashinje ibihugu bikize gusahura Congo bimwe by’ikirenga ntibashe kungukira mu mutungo ifite.
Papa uri mu rugendo rwe rwa mbere muri Congo yashinje ibyo bihugu gufunga amaso bikirengagiza umubabaro w’ikirenga iki gihugu kirimo.
Papa yagize ati: “Mukure amaboko yanyu muri Congo,mukure amaboko yanyu muri Afrika. Iki gihugu, ahanini cyasahuwe, ntigishoboye gukoresha umutungo wacyo mwinshi (…)
Mu rugendo yagiriye muri Republika ya Demokrasi ya Congo, umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yashinje ibihugu bikize gusahura Congo bimwe by’ikirenga ntibashe kungukira mu mutungo ifite.
Papa uri mu rugendo rwe rwa mbere muri Congo yashinje ibyo bihugu gufunga amaso bikirengagiza umubabaro w’ikirenga iki gihugu kirimo.
Papa yagize ati: “Mukure amaboko yanyu muri Congo,mukure amaboko yanyu muri Afrika. Iki gihugu, ahanini cyasahuwe, ntigishoboye gukoresha umutungo wacyo mwinshi cyane:tugeze mu gihe kitumvikana aho ibyo mu butaka bwacyo butuma kiba "igihugu cy’amahanga" ku baturage bacyo.
“Uburozi bwo gukunda amaronko bwasize amaraso diyama yacyo. Aka ni akaga amahanga kenshi adashaka kubona, kumva no kuvuga.
“Ariko iki gihugu n’uyu mugabane bikwiye kubahwa no kumvwa. Reka gufunga Afrika: si ubutare bwo kwiba cyangwa ubutaka bwo gusahura. Afrika niyifatire mu biganza ahazaza hayo”.
Papa Francis yageze i Kinshasa mu burengerazuba mu gihe imirwano irimbanyije hagati y’ingabo za leta n’inyeshyamba za M23 i Masisi mu burasirazuba.
Nyuma yongeyeho ati: "Ntidushobora gukomeza kumenyera imeneka ry’amaraso ryaranze Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu myaka mirongo,rigahitana miliyoni z’abantu.
"Ibiganiro by’amahoro, ari nabyo nshyigikiye cyane, bikeneye gushigikirwa n’ibikorwa bigaragara, kandi ibyo ababirimo biyemeje bigakurikizwa."
Mu ntangiriro Papa yari yateguye gusura umujyi wa Goma mu burasirazuba bw’igihugu, ariko urwo rugendo rwarasubitswe kubera impamvu z’umutekano.
Ahubwo, azahura n’abacitse kw’icumu ry’intambara zo muri ako gace ko mu burasirazuba gafite ubutunzi bwinshi bw’ubutare, aho imitwe igera muri za mirongo imaze imyaka irenga 20 ihitana abantu
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *