skol

Ndikuriyo uyobora CNDD FDD yagaragaje ipfundo ry’ikibazo cy’u Rwanda n’u Burundi

Yanditswe: Wednesday 03, Jan 2024

featured-image

Umunyamabanga mukuru w’Ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD,Révérien Ndikuriyo, yavuze ko bazakomeza ibiganiro na FPR yo mu Rwanda kugira ngo haboneke umuti ku bibazo biri hagati y’ibihugu byombi.

Révérien Ndikuriyo yahamagaje ikiganiro n’abanyamakuru mu gihe umwuka mubi wongeye gututumba hagati y’Uburundi n’u Rwanda.

Muri iki kiganiro,abanyamakuru bashatse kumenya niba amashyaka CNDD-FDD - riri ku butegetsi mu Burundi - na FPR - riri ku butegetsi mu Rwanda -basanzwe baganira ku bibazo bizonze ibihugu byombi, cyane cyane ku bashakwa n’ubutabera bw’Uburundi bacumbikiwe n’u Rwanda nuko bazanwa mu Burundi.

Ndikuriyo yavuze ko abari mu nzego z’aya mashyaka bahurira hanze nko muri Tanzania na Afrika y’Epfo, kandi bakaganira neza ku buryo bari biteze ko ibintu byari bigiye ku murongo ariko bikanga ku munota wa nyuma.

Ati: “Njyewe nabonanye n’Umuyobozi wungirije wa FPR i Dodoma, twabonanye n’izindi ntumwa muri BRICS muri Afrika y’Epfo, uwungirije umunyamabanga mukuru wa CNDD-FDD yagiye i Kigali…twebwe twari tuzi ko byashize, twari dutegereje ko babaduha”.

Yemeza ko ibintu byari bigeze ku rwego abo bantu bari bagiye koherezwa, ariko ko ku munota wa nyuma babonye bihindutse.

Ati: “Twagiraga ngo byarangiye, twabonaga ko hasigaye nk’indege cyangwa imodoka gusa, hanyuma tuza kubona birahagaze”.

Avuga ko CNDD-FDD nk’ishyaka bazakomeza kuvugana kugira ngo babaze bagenzi babo ba FPR icyo batekereza kuri iki kibazo, kuko “sinibaza ko umuntu usigaje imyaka 30 y’ubuzima ashobora kwica umubano w’ibihugu bizamara imyaka 10.000”,

Ati: “Uhishe abantu, bamwe ushobora gusanga batarenza imyaka 50, kugira ngo wice umubano w’imyaka 1.000, cyangwa imibanire hagati y’abantu miliyoni 15 mu Rwanda na 13 z’Uburundi, abo bantu uba ubashakamo iki ku buryo wababika kandi bashobora no gupfa umwanya uwo ari wo wose?”

Avuga ko Abarundi n’Abanyarwanda nta kibazo na kimwe bafitaniye ariko ko hari akantu gatoya gusa kabuza ishyirwa mu bikorwa ry’ibiba bimaze kumvikanwaho. Ariko afite icyizere ko bizatinda ariko bikabonerwa umuti.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’abanyamakuru, umukuru w’igihugu cy’Uburundi Evariste Ndayishimiye yashinje u Rwanda ko arirwo rucumbikiye umutwe wa Red-Tabara uherutse kugaba igitero mu Gatumba cyaguyemwo abantu 20.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa