Ni Joseph Kabila uri inyuma ya AFC, M23 n’Inyeshyamba za Mobondo – Jean-Pierre Bemba
Yanditswe: Thursday 06, Mar 2025

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 5 Werurwe 2025, Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean-Pierre Bemba Gombo, yashinje, uwahoze ari perezida wa DRC, Joseph Kabila Kabange, kuba ari we watangije inyeshyamba za M23, Alliance Fleuve Congo ya Corneille Nangaa.
Ibi yabivuze mu nama yabereye i Kikwit (Kwilu), aho yakanguriye urubyiruko kujya mu gisirikare mu rwego rwo kurengera.
Imbere y’abantu babarirwa mu magana, uwahoze ari Minisitiri w’ingabo z’igihugu yerekanye ko afite ibimenyetso byerekana ko Joseph Kabila ari na we uri inyuma y’inyeshyamba za Mobondo, zikorera mu ntara zo mu cyahoze ari Grand Bandundu, cyane cyane Maï-Ndombe, Kwilu, Kwango, Kongo Central ndetse n’ibice bya Kinshasa, usibye gushyigikira M23 na AFC.
“Mfite ibimenyetso byose byerekana ko Joseph Kabila ashyigikiye inyeshyamba za AFC, M23, n’inyeshyamba za Mobondo. Niyo mpamvu yahunze igihugu. Yagiye i Lubumbashi ava mu karere anyuze muri Zambia. Yahungiye mu mahanga kubera ko azi ko adafunzwe ”, ibi bikaba byavuzwe na Jean-Pierre Bemba.
Ku bwe, inyeshyamba za M23 / AFC zirashaka gusubiramo ibikorwa byakoreshejwe mu myaka ya 1996-1997, aho bateguye gusahura amabuye y’agaciro manini cyane cyane mu burasirazuba bw’igihugu nkuko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.
Ati: “Barashaka komeka igihugu cyacu ku Rwanda. None rero, basore nkunda, mukangukire kurengera igihugu cyacu ”.
Mu minsi mike ishize, ubwo yari i Davos mu Busuwisi, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ni we wa mbere washinje uwamubanjirije akaba n’umusenateri ubuzima bwe bwose, Joseph Kabila, kuba ubwonko bwa M23.
Mu gusubiza, Ferdinand Kambere, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa PPRD, ishyaka rya Joseph Kabila, yamaganye ibyo birego, yemeza ko amagambo y’umukuru w’igihugu yerekanye ko yabuze icyo gukora kandi adashoboye mu gihe umutekano wifashe nabi mu burasirazuba bw’igihugu.
Hashize ibyumweru byinshi, inyeshyamba za AFC / M23 zigaruriye uturere tumwe na tumwe two mu majyaruguru no mu majyepfo ya Kivu, cyane cyane imijyi ya Goma na Bukavu ndetse bashyizeho ubuyobozi bwabo.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *