skol

’Nta matora azaba i Rutshuru n’i Masisi’-Perezida Tshisekedi

Yanditswe: Friday 17, Nov 2023

featured-image

Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo Félix Tshisekedi yavuze ko amatora ya perezida azaba nta gisibya mu kwezi gutaha ariko yemeye ko bitazashoboka ko abatuye muri teritwari za Masisi na Rutshuru muri Kivu ya Ruguru kubera umutekano mucye aho mu burasirazuba bw’igihugu.

Mu kiganiro ku wa kane yagiranye icyarimwe i Kinshasa n’abanyamakuru babiri b’ibitangazamakuru byo mu Bufaransa France 24 na RFI, Tshisekedi yagize ati:

"Birababaje, birababaje ko kuri Rutshuru no kuri Masisi sinemeza ko bizashoboka [ko amatora ahaba].

"Ariko ibyo ntibibuza ko tuzakomeza umuhate wacu kugira ngo tubohore utwo duce, dusubize abacu dusangiye igihugu mu duce bakomokamo, no kugarura amahoro.

"Ariko nanone hariho gahunda y’amatora igomba gukomeza kandi ikagezwa ku musozo wayo."

Imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa DR Congo kuva mu ntangiriro y’Ukwakira (10) hagati y’inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bwa DR Congo n’ingabo z’icyo gihugu (FARDC) n’imitwe yitwaje intwaro izishyigikiye.

Ni nyuma yuko hari hashize amezi atandatu muri rusange hari agahenge.

Muri icyo kiganiro, Tshisekedi, uri ku butegetsi kuva muri Mutarama (1) mu 2019, yavuze ko "hari ibintu byinshi bigicyenewe gukorwa", ariko ko DR Congo ivuye kure, ko "ibyo bikwiye kwemerwa".

Yavuze ko abaza mu gihugu nyuma y’iyi myaka hafi itanu ishize ari ku butegetsi, bamubwira ko "ibintu byateye imbere byerekeza mu cyerekezo cyiza".

’Nta somo nahabwa na Moïse Katumbi’

Umunyamakuru yamubwiye ko nka Moïse Katumbi, bazahatana mu matora ateganyijwe kuba ku itariki ya 20 Ukuboza (12), anenga ibirimo nk’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rya hato na hato, mu gihe Martin Fayulu na Denis Mukwege - na bo bazahatana na we mu matora - bamagana ruswa bavuga ko iri mu bakomeye bari ku butegetsi.

Tshisekedi ati: "Kuba umuriro w’amashanyarazi wabura si bishya, twebwe icyo tugerageza n’uguhagarika iryo bura ry’umuriro rya hato na hato, kandi tubikora twongerera ubushobozi urugomero rwa Inga…

"Tugerageza gucyemura ibyo. Ubwo nageraga ku butegetsi, ingo 9% gusa, ndavuga abaturage, ni zo zari zifite amashanyarazi. Uyu munsi tugeze muri 20% kandi intego ni ugutera indi ntambwe ndende.

"Rero bo bashobora kuvuga, ndabyemera, Moïse Katumbi yabaye Guverineri w’intara ya Katanga, icyo gihe ntabwo yaribwacikemo ibice bine, ariko se yayikozeho iki?

"Navugaga vuba aha ku kibuga mpuzamahanga cy’indege kirimo kubakwa, ndetse ahubwo kimaze kurangira i Kolwezi.

"Yabaye Guverineri imyaka icyenda ariko ntiyanatekereje ku kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege mu murwa mukuru w’isi wa cobalt [ibuye ry’agaciro]."

Tshisekedi yavuze ko ubu icyo kibuga mpuzamahanga cy’indege kizafasha abashoramari kuhagera.

Ati: "Uyu munsi abantu, abashoramari bazashobora kuza bavuye ahantu hose, bitabaye ngombwa ko banyura i Lubumbashi [...] kugira ngo bagere i Kolwezi.

"Bazajya baza n’indege zabo bwite nta kuzigura [direct] cyangwa indege zisanzwe bagere i Kolwezi nta handi hantu baziguye. Mfite ingero nyinshi cyane nk’izo zishobora kugaragaza ko nta somo na rimwe nahabwa na Moïse Katumbi."

Yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ikirego cyavuzwe henshi nko muri raporo y’inzobere za ONU, agereranya ko muri DR Congo ruhafite abasirikare "babarirwa mu bihumbi".

Leta y’u Rwanda yakomeje guhakana gukorana na M23, ivuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri DR Congo ari ikibazo cy’Abanye-Congo ubwabo.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa