skol

Nyuma y’imyaka 7, Guverinoma ya Amerika yongeye guhagarika imirimo yayo

Yanditswe: Wednesday 01, Oct 2025

featured-image

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabaye ihagaritse ibikorwa bimwe na bimwe kubera kutumvikana kw’abagize Sena ku mushinga w’ingengo y’imari nshya.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa Gatatu tariki 1 Ukwakira 2025, ubwo Guverinoma ya Amerika yanzuraga kwinjira muri ibi bihe bidasanzwe, kubera kutumvikana kw’abahagarariye ishyaka ry’Aba-Republicains n’abahagarariye iry’Aba-Democrates, muri Sena ya Amerika.

Abasenatari b’ishyaka ry’Aba-Republicains ari na ryo riri ku butegetsi basabwaga amajwi 60 kugira ngo uyu mushinga wemezwe, gusa ntibyakunze kuko bo ubwabo ari 53. Bivuze ko kugira ngo uyu mushinga utambuke Aba-Republicains bari bakeneye bagenzi babo b’Aba-Democrates bawutora, ibintu batakoze kuko batawukozwa.

Ikitumvikanweho, ni uyu mushinga w’ingego y’imari wagabanyije nkunganire yahabwaga abatishoboye mu bitajyanye n’ubwishingizi bw’ubuzima. Ntibemera kandi icyemezo cya Trump cyo kugabanya amafaranga Leta ishora mu rwego rw’ubuzima.

Guhagarika ibikorwa kwa Guverinoma bituruka ku kuba iba idashobora kubona amafaranga ishyira mu bikorwa by’ibanze. Bivuze ko hari ibikorwa byinshi bizahagarara ndetse abakozi ba Leta ntibishyurwe bitewe n’igihe iki cyemezo gishobora kumara.

Kugeza ubu ibigo bya Leta muri Amerika birimo na Minisiteri byatangiye guhagarika bamwe mu bakozi. Minisiteri y’Ingabo yahagaritse abakozi b’abasivile 334.904, iy’Ubuzima ihagarika 32.460, iy’ubucuruzi ihagarika 34.711, mu gihe iy’ububanyi n’amahanga yahagaritse abakozi 16.651.

Umwanzuro nk’uyu wo guhagarika ibikorwa bya Guverinoma waherukaga gufatwa mu 2018.

Guverinoma ya Amerika yahagaritse imirimo kubera kutumvikana ku ngengo y’imari

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa