skol
fortebet

Papa Francis yasabye Trump kuzarangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya

Yanditswe: Friday 08, Nov 2024

featured-image

Sponsored Ad

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yasabye Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Amerika, kuzakora ibishoboka byose agashaka igisubizo mu guhosha intambara zikomeje kubera hirya no hino ku Isi, cyane cyane iya Ukraine n’u Burusiya.

Sponsored Ad

Ni ubutumwa bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru w’umushumba wa Kiliziya Gatolika, ubwo yashimaga Donald Trump ku ntsinzi ye mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika .

Karidinari Pietro Parolin yifurije Trump amahirwe ndetse n’ubushishozi mu mirimo ye, amubwira ko mu byo Kiliziya Gatolika imutegerejeho, harimo gushakira ibisubizo intambara zizahaje Isi, cyane cyane intambara ya Ukraine n’u Burusiya.

Mu kiganiro Kardinari Pietro Parolin yagiranye n’itangazamakuru i Roma yagize ati: "Tumwipfuije ubushishozi no guca bugufi kuko ari yo ndagagaciro ya mbere bibiliya ivuga ku muyobozi mwiza."

Karidinari Parolin, yabajijwe ku cyo atekereza ku byavuzwe na Donald Trump ko azarangiza intambara ya Ukraine mu masaha 24, asubiza avuga ko nka Kiliziya ibyizeye.

Agira ati: "Reka tubyizere. Gusa ntekereza ko nta bubasha bwo gukora ibitangaza (Magic) afite. Kugira intambara irangire, hakenewe kwicisha bugufi no kwitanga cyane. Birasaba ko umuntu ashyira imbere inyungu rusange. Turizera ko azabasha kuzana amahoro n’ituze."

Karidinari Parolin uza ku mwanya wa Kabiri mu buyobozi bwa Kilizaya Gatolika. Yavuze ko ikindi Vatikani yifuza, ari uko Donald Trump azayobora Abanyamerika bose.

Kiliziya Gatolika igize icyo itangaza ku ntsinzi ya Donald Trump, nyuma y’uko muri Nzeri, Papa Francis yashinjaga abakandida babiri bari bahanganye mu matora y’uyu mwaka kudaha agaciro ubuzima bw’ikiremwamuntu.

Icyo gihe Papa Francis yanenze cyane Kamala Harris kubera gushyigikira abifuza gukuramo inda ku bushake, ashinja kandi Trump kudaha agaciro no gukumira abimukira. Papa yavuze ko bombi, ibyo bakora cyangwa bashyigikiye ari ibyaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa