Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Gicurasi 2022 Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yatumiye Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin i Moscou mu biganiro bigamije guhagarika intambaraya yo muri Ukranine.
Aya makuru atatanzweho ibisobanuro birambuye yashyizwe ahagaragara n’ibiro Ntaramakuru by’abongereza Reuters muri iki gitondo cyo kuri uyu munsi.
Papa yabwiye kandi ikinyamakuru Corriere Della Sera cyo mu Butaliyani ko Umwepisikopi Kirill wa Kiriziya y’Aba-Orthox mu Burusiya , wahaye intambara inkunga ye yose ko “Adashobora kuba umuhereza wa Putin”.
Francis wagiriye uruzinduko muri Ambasade y’Uburusiya ubwo intambara yo muri Ukraine yatangiraga , yatangarije iki kinyamakuru ko yasabye umukuru w’abadipolomate b’Uburusiya Vatikani koherereza ubutumwa Putin.
Sorce: Reuters.com
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *