Perezida Jammeh wahoze ayobora Gambia yisubuyeho yanga ibyavuye mu matora
Yanditswe: Saturday 10, Dec 2016
Perezida Yahya Jammeh wahoze ayobora Gambia, yateye utwatsi ibyavuye mu matora y’ umukuru w’ igihugu, nyuma y’ icyumweru yemeye ko yatsinzwe.
Mu kiganiro yahaye televiziyo y’ igihugu Perezida Jammeh yavuze ko amatora atagenze neza bityo atangaza ko atemeye ibyayavuyemo.
Ni mu gihe Perezida wa komisiyo y’amatora muri icyo gihugu cya Gambia, Alieu Mommarr Njai, yatangaje ko Barrow yabonye amajwi 263,515 (45.5%) naho Jammeh akabona 212,099 ( 36.7%). Jammeh akemera ko yatsinzwe ndetse (…)
Perezida Yahya Jammeh wahoze ayobora Gambia, yateye utwatsi ibyavuye mu matora y’ umukuru w’ igihugu, nyuma y’ icyumweru yemeye ko yatsinzwe.
Mu kiganiro yahaye televiziyo y’ igihugu Perezida Jammeh yavuze ko amatora atagenze neza bityo atangaza ko atemeye ibyayavuyemo.
Ni mu gihe Perezida wa komisiyo y’amatora muri icyo gihugu cya Gambia, Alieu Mommarr Njai, yatangaje ko Barrow yabonye amajwi 263,515 (45.5%) naho Jammeh akabona 212,099 ( 36.7%). Jammeh akemera ko yatsinzwe ndetse akahamara Barrow wamutsinze amwifuriza insinzi.
Kuba Jammeh yari yemeye ko yatsinzwe byari byatunguye benshi cyane ko mbere y’ uko amatora yari yarigeze gutangaza ko Imana yonyine ariyo ishobora kumukura ku butegetsi.
Perezida Jammeh atangaje ko atemeranya n’ ibyavuye mu matora nyuma y’ iminsi mike humvikanye abasaba ko yatabwa muri yombi akaryozwa ibyaha birimo ibyibasira inyoko muntu yakoze akiri ku butegetsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *