skol
fortebet

Perezida Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo aherutse gushyiraho

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Wednesday 09, Jul 2025

Perezida Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w'Ingabo aherutse gushyiraho

Sponsored Ad

skol

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Gen. Paul Nang Majok wari umaze amezi arindwi ari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu.

Icyemezo cyo kwambura izi nshingano Gen. Paul Nang Majok cyatangajwe mu ntangiriro z’iki cyumweru. Yasimbujwe Gen. Dau Aturjong.

Itangazo ryashyizwe hanze ntirisobanura impamvu Gen. Paul Nang Majok yambuwe inshingano.

Umuvugizi w’Ingabo za Sudani y’Epfo, Lul Ruai Koang, yavuze ko “hari umuco umaze igihe uhari ko iyo wahawe akazi ntihavugwa impamvu, n’iyo wirukanywe ntihavugwa impamvu. Ni ibintu bisanzwe.”

Mu Ukuboza 2024 nibwo Gen. Paul Nang Majok yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo muri Sudani y’Epfo. Yayoboye abasirikare mu bihe bikomeye bitewe n’intambara ihari hagati y’ingabo za leta n’umutwe wa ‘White Army’.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa