skol

Perezida Museveni yategetse ko abaminisitiri bashinjwa kwiba amabati y’abatishoboye bafungwa

Yanditswe: Friday 17, Mar 2023

featured-image

Abadepite benshi bavuye mu nama idasanzwe y’inteko ishinga amategeko batengushye nyuma y’ijambo rya Perezida Museveni ritashoboye kuvuga ku byo bari bategereje.
Aba badepite ngo bari bizeye ko araza kwibanda ku bibazo bya ruswa ikabije ndetse n’ubujura bw’amabati n’ihene byari bigenewe abatishoboye bo mu karere ka Karamoja.
Bivugwa ko abagize guverinoma bari mu bagize uruhare mu kwibwa kw’iyo nkunga y’abatishoboye.
Mu ijambo Perezida Museveni yavugiye mu nteko ishinga amategeko mu (…)

Abadepite benshi bavuye mu nama idasanzwe y’inteko ishinga amategeko batengushye nyuma y’ijambo rya Perezida Museveni ritashoboye kuvuga ku byo bari bategereje.

Aba badepite ngo bari bizeye ko araza kwibanda ku bibazo bya ruswa ikabije ndetse n’ubujura bw’amabati n’ihene byari bigenewe abatishoboye bo mu karere ka Karamoja.

Bivugwa ko abagize guverinoma bari mu bagize uruhare mu kwibwa kw’iyo nkunga y’abatishoboye.

Mu ijambo Perezida Museveni yavugiye mu nteko ishinga amategeko mu masaha make ashize,yagarutse ahanini ku iterambereno ku mpaka zishingiye ku kuryamana kw’abahuje igitsina.

Ikibazo cy’aya mabati muri Uganda gikomeje gufata indi ntera,kuko cyageze mu Biro bya Minisitiri w’intebe (OPM) kandi ngo cyateye umujinya Perezida Museveni asaba ko abakigizemo uruhare bafungwa.

Perezida Yoweri Museveni yavuze ko aya mahano ari "ubugizi bwa nabi" asaba ko ababigizemo uruhare bafatwa bagakurikiranwaho ubujura.

Iki kibazo ntabwo kijyanye no kwiba amamiliyari y’amashiringi ya Uganda ahubwo bivugwa ko hibwe amabati 5.500 yari agenewe abagizweho ingaruka n’ibiza ariko aribwa n’abanyapolitiki icyenda n’abandi bayobozi bakuru muri guverinoma.

Abaminisitiri bane bavuzwe muri iyi dosiye barimo: Minisitiri w’intebe Robinah Nabbanja, Minisitiri ushinzwe ibya Karamoja, Mary Gorretti Kitutu, Minisitiri w’imari Matia Kasaija na Minisitiri w’ubutabazi, guhangana n’ibiza no kwita ku mpunzi Bwana Hilary Onek.

Nk’uko ikinyamakuru The Monitor kibitangaza ngo Ishami rya Leta rishinzwe kurwanya ruswa ngo ryataye muri yombi bene wabo w’aba minisitiri bamwe basanze bafite amabati.

Kubera ko iki kibazo gikomeye,Perezida Museveni warakaye bivugwa ko yasabye ibisubizo byihuse mu nama y’abaminisitiri yabaye mu cyumweru gishize.

Ngo yabajije abaminisitiri ati "Muri abajura?...Nkeneye ibisubizo."

Perezida Museveni yasabye ko iki kibazo kidatinda hahita hafungwa abakigizemo uruhare bose.

Muri 2021,Inteko ishinga amategeko ya Uganda yemeje akayabo ka miliyari 39 z’amafaranga akoreshwa muri Uganda ngo hagurwe amabati 100,000 yo gufasha abasenyewe ariko abakomeye muri Guverinoma ngo barayitwariye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa