skol

Perezida Ndayishimiye yabwiye ONU kumenya ko igihugu cye cyateye intambwe

Yanditswe: Friday 23, Sep 2022

featured-image

Perezida Evariste Ndayishimiye w’Uburundi yasabye ishyirahamwe mpuzamahanga ONU ko rikwiye kumenya ko Uburundi bwateye intambwe mu by’ umutekano kandi ko butakiri igihugu kijegajega.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’Uburundi yasabye ishyirahamwe mpuzamahanga ONU ko rikwiye kumenya ko Uburundi bwateye intambwe mu by’ umutekano kandi ko butakiri igihugu kijegajega.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ya 77 y’uyu muryango, Perezida Ndayishimiye yashinje abakozi bamwe ba ONU baca intege iterambere ry’igihugu cye guca bugufi bakemera ibikorwa bye bya Politiki mu gihugu.

Kubwe, ngo ntibigikenewe ko agashami ka l’ONU gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwa muntu kohereza abakozi bako n’intumwa zidasanzwe mu gihugu cye , kuko Leta y’Uburundi iri kubahiriza uburenganzira bw’umuntu uwo ariwe wese mu gihugu cye.

Kuva mu 2015, imigenderanire hagati ya reta y’Uburundi n’amahanga kimwe n’imiryango mpuzamahanga yagiye yononekara.

Bamwe mu bategetsi b’igihugu, inzego z’umutekano n’iz’iperereza, ndetse n’urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bashinjwa guhungabanya uburenganzira bw’ikiremwa muntu , ibyo leta yo yahoze kandi ikomeje guhakana yivuye inyuma.

Perezida Ndayishimiye muri iryo jambo rye yashimwe amahanga kugerageza gushakira igihugu cye umutekano, ariko nanone ntiyariye iminwa ubwo yababwiraga ko bakomeje kubangamira ibimaze kugerwaho mu buryo bwo kubaka umutekano na politiki ihamye.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa