Perezida Ndayishimiye yatunze urutoki ibihugu by’ibihangange
Yanditswe: Friday 22, Sep 2023
Perezida Evariste Ndayishimiye yavuze atarya umunwa ko ibihugu rutura ari byo bitera umudugararo mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, cyane cyane Afrika, bishaka kurengera inyungu zabyo.
Mu ijambo yaraye agejeje mu nteko ya 78 y’ishyirahamwe mpuzamahanga ONU i New york, Perezida Ndayishimiye yavuze ko kwivanga muri politike y’ibihugu bikenye bituma ibi bihugu biba inyuma mu nzira y’iterambere, ibi nabyo bikabyara umwiryane
Yagize ati: “Reka tuvuge tutarya umunwa, ihungabana rya politike n’umutekano by’ibihugu byo mu majyepfo y’isi , cyane cyane Afrika, riva ku bihugu rutura bishaka kugenzura politike z’ibi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
’’Afrika cyane cyane, mu kuba isibaniro hagati y’ibi bihugu rutura, yisanga iri inyuma imyaka myinshi mu bijyanye n’iterambere mu bukungu. Ubu bukene ni bwo buhita buba intandaro y’imyiryane hagati mu bihugu zikomeza guhamba ibihugu byacu mu bukene butagira izina”.
Abona ko kw’isi “umutekano n’ituze bisa n’ibirimo guha urwaho intambara, iterabwoba n’imvururu zirenze urugero, ibyaha n’imyiryane y’ubwoko bwose”.
Ati : « Turashaka isi imeze neza, ariko iyi nayo ihanganye n’imyiryane myinshi idusaba kugira ubufatanye n’ubumwe kugira duhangane nayo”.
Uko yamagana ibihugu byivanga mu buzima bwa politike bw’ibindi bihugu, niko yanateye utwatsi “inzira yo guhirika ubutegetsi hadakurikije inzira ziteganywa n’itegeko nshinga,zisubiza inyuma intambwe ikomeye mu bijyanye n’ubutegetsi bw’ibihugu zari zimaze imyaka myinshi zigezweho muri Afrika no kw’isi yose”.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *