skol

Perezida Trump yavuze ko Charlie Kirk azahora yibukwa nk’intwari y’Amerika

Yanditswe: Monday 22, Sep 2025

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimagije umurwanashyaka Charlie Kirk, amwita “intwari y’Amerika” ndetse n’“uwaharaniye uburenganzira”, ubwo yari ayoboye umuhango wo kumwibuka wabereye muri State Farm Stadium i Phoenix, Arizona, ku cyumweru, witabiriwe n’abantu barenga ibihumbi 100.

Kirk w’imyaka 31 yishwe arashwe ku wa 10 Nzeri, ubwo yari mu biganiro by’impaka mu mashuri makuru muri Leta ya Utah. Urupfu rwe rwashenguye benshi, ariko umuryango n’inshuti ze bahisemo kumwibukira mu birori byari byiganjemo indirimbo za Gikirisitu, amasengesho n’amagambo y’ishimwe avugaga ku murage we.

Muri uyu muhango, abari bambaye ingofero za MAGA (Make America Great Again), imyambaro ya Trump ndetse n’imyenda ifite amabara y’ibendera rya Amerika bahererekanyaga amagambo yo kumushimira. Umwuka wari nk’uw’inama ya politiki cyangwa igiterane cy’itorero rinini, mu gihe abahanzi b’indirimbo zo guhimbaza Imana baririmbaga indirimbo zatumaga abantu bose biyumva muri uwo mwanya.

Abayobozi bakomeye mu buyobozi bwa Trump barimo Visi Perezida JD Vance, Umunyamabanga wa Leta Marco Rubio, Umunyamabanga wa Pete Hegseth n’Umunyamabanga w’Ubuzima Robert F. Kennedy Jr. bose bavuze amagambo y’ishimwe kuri Kirk. Vance yagize ati: “Charlie ntiyari umuntu usanzwe. Niwe wadufashije gutsinda. Twese turi hano kubera we, none twiteguye gukomeza umurage we.”

Stephen Miller, umwunganizi wa Trump muri White House, yagize ati: “Umunsi Charlie yapfiriyeho, abamarayika bararize. Ariko ayo marira yahindutse umuriro mu mitima yacu. Abanzi bacu ntibashobora gusobanukirwa imbaraga dufite.”

Umugore we, Erika Kirk, yavuze amagambo yuzuye amarira ubwo yavugaga ko yababariye ukekwaho kumwicira umugabo, Tyler Robinson w’imyaka 22, uregwa icyaha cyo kumwica kandi ushobora guhanishwa igihano cy’urupfu.

Yagize ati: “Umugabo wanjye yashakaga gukiza urubyiruko, ndetse n’uwamwishe arimo. Naramubabariye kuko ibyo ni byo Kristo yakoze kandi ni na byo Charlie yari gukora.”

Nyamara Perezida Trump yatangaje ko atemeranya na we kuri izo mbabazi, aravuga ati: “Charlie yashakaga ibyiza ku banzi be, ariko njye ntabwo ariko bimeze. Njye nemera ko abanzi banjye ntacyo bakwiye kubona cyiza. Mbabarira Erika, ariko kuri njye si uko mbibona.”

Kirk, watangije Turning Point USA afite imyaka 18, yari azwi nk’umuhanga mu gutegura impaka no gukangurira urubyiruko kujya mu bikorwa bya politiki. Ku mbuga nkoranyambaga zirimo X yari afite abarenga miliyoni 5 bamukurikira, naho kuri TikTok afite abarenga miliyoni 7. Yari umunyamakuru ukomeye mu kurwanya gukuramo inda, gushyigikira uburenganzira bwo gutunga imbunda, no kwivugira ku birebana n’uburenganzira bw’abatinganyi, ibintu byamukururiraga gukundwa cyane no kunengwa cyane.

Urupfu rwe rwagaragaye nk’isomo rikomeye, aho benshi barwifashishije nk’imbaraga nshya mushya zo gukomeza guharanira politiki yabo mu gihe Perezida Trump akomeje kugira ijambo rikomeye mu gihugu. Trump we yasoreje ku kumwita “intwari yo mu gihe cye” no kumwizeza ko amateka atazigera amwibagirwa.

Perezida Donald Trump yatangaje ko Charlie Kirk azahora yibukwa nk’intwari y’Amerika

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa