Perezida Tshisekedi yinjiye muri stade kurahira agaragiwe n’amafarashi
Yanditswe: Saturday 20, Jan 2024
Kuva mu gitondo cya kare cyane, abanyekongo bazindutse n’iyonka bajya kuri Stade des Martyrs de la Pentecost, i Kinshasa,kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida Tshisekedi uheruka kongera gutorerwa manda ya kabiri yo kuyobora RDC.
Perezida Félix Tshisekedi,yavuye iwe ahagana saa saba yerekeza kuri stade aherekejwe n’imodoka nyinshi cyane,moto n’amafarashi, gusa we yari muri Limousine nziza cyane.
Mu kwinjira muri stade,Perezida Tshisekedi yavuye muri Limousine yinjira mu modoka ifunguye,imbere ye habanza moto nyinshi n’amafarashi.Yahise azenguruka sitade asuhuza abantu.
Perezida Tshisekedi yabanjirijwe mu birori n’umugore we Denise Nyakelu Tshisekedi n’umuryango we gusa Perezida Tshisekedi yaje nyuma nkuko amashusho ya Televiziyo RTNC yabigaragaje biri kuba.
Félix Tshisekedi yatsinze amatora ku majwi 73,47% angana na 13.058.962 y’abantu batoye,arusha cyane Moïse Katumbi Chapwe, Martin Fayulu Madidi na Adolphe Muzito.
Uyu muhango witabiriwe n’abaperezida 18 barimo abo muri aka karere nka William Ruto wa Kenya na Ndayishimiye w’u Burundi.
Abarenga ibihumbi 80 bitabiriye irahira rya Perezida Tshisekedi
#RDC : Félix Tshisekedi déjà en route pour le Stade de Martyrs pic.twitter.com/xHqH0kAbmc
— 7SUR7.CD (@7sur7_cd) January 20, 2024




Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *